Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mutsinzi Ange yabonye ikipe mu cyiciro cya kabiri muri Portugal

radiotv10by radiotv10
23/08/2021
in SIPORO
0
Mutsinzi Ange yabonye ikipe mu cyiciro cya kabiri muri Portugal
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro mu mutima w’ubwugarizi, Mutsinzi Ange Jimmy yasinye amasezerano y’umwaka umwe (1) mu ikipe ya Trofense Sports Club yo mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cya Portugal.

Mutsinzi Ange yari amaze iminsi ashakisha ikipe mu gihugu cy’u Bubiligi ariko byaje kurangira agannye muri Portugal aho yasinye kuri uyu wa mbere mu gihe hari amakuru yahwihwisaga avuga ko azagaruka mu Rwanda nta kipe abonye.

Mutsinzi w’imyaka 23, yagiye muri Trofense Sports Club nyuma yo gusoza amasezerano y’imyaka ibiri (2) yari yasinyiye APR FC mu 2019 avuye muri Rayon Sports. Mu myaka ibiri yari amaze muri APR FC, yafatanyije nayo gutwara ibikombe bya shampiyona bibiri.

“Nje mfite intego nyinshi, nzibanda ku gukora cyane mfasha iyi kipe (Trofense Sports Club) kugera kuntego zayo.Kuri njye ni ibintu bishya ariko ndizera ko mu minsi micye mba namaze kumenyerana na bagenzi bange”. Mutsinzi Ange nyuma yo gusinya

Image

Mutsinzi Ange Jimmy muri sitade ya Trofense SC

Umusaruro mwiza yatanze mu mikino ya TOTAL CHAN 2020 agafasha u Rwanda kugera muri ¼ ari umukinnyi ubanza mu kibuga ni bimwe mu byatumye yerekana ko ari umukinnyi ushoboye.

Mutsinzi Ange yakinnye muri Rayon Sports kuva mu 2016 ayivamo mu 2019 ajya muri APR FC kandi yanabaye muri AS Muhanga (2015-2016).

Image

Mutsinzi Ange Jimmy yakiriwe muri Trofense Sports Club

Image

Mutsinzi Ange Jimmy yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri SC Trafense muri Portugal

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eight =

Previous Post

KENYA: Emery Mvuyekure yaciye agahigo ku bandi banyezamu b’abanyarwanda

Next Post

Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda
IMYIDAGADURO

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.