Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rishizwe kubungabunga amahoro n’umutekano i Addis Ababa muri Ethiopia, riri mu mukwabu wo kurandura ibikorwa by’ubutinganyi muri uyu mujyi, nyuma y’uko Leta itahuye ko buri gukorerwa mu mahoteri n’utubari no mu nzu z’imyidagaduro.

Izi nzego zamanutse mu mahoteli, mu tubari ndetse no muri za Resitora zikekwa ko ziri gukorerwamo ibi bikorwa by’ubutinganyi bisanzwe ari sakirirego muri iki Gihugu.

Itangazo ryagiye hanze, rivuga ko ibi bikorwa, bari kubikora bafatanyije na Polisi yo muri uyu Murwa Mukuru wa Ethiopia, bikaba byatangiye nyuma yo gutungirwa agatoki n’abaturage.

Mu itangazo rihuriweho n’izi nzego zirimo iz’umutekano, zibukije ko “ibikorwa byose by’ubutinganyi n’ibisa na bwo bitemewe muri iki Gihugu, kandi ko bihanwa n’amategeko, bityo ko hazakomeza ibikorwa bafatanyije na Polisi byo kubirandura.”

Ahagaragaye ko hari gukorerwa ibi bikorwa, harimo kandi inzu z’imyidagaduro, nk’inzu izwi nka ‘Abeba Guest House’ iherereye mu gace ka Yeka Subcity Woreda, ikaba yatahuwe nyuma y’uko abaturage bahavuze.

Iri tangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane, rivuga ko “hahise hatangira iperereza ndetse iyi nzu ubu ikaba igoswe na Polisi y’i Addis Ababa.”

Leta yo muri uyu mujyi kandi yari yasabye abaturage bose bazamenya ahaba hakorerwa ibi bikorwa by’ubutinganyi, bazajya batungira agatoki inzego, bakazihamagara ndetse bahabwa n’imirongo ya telefone itishyurwa bazajya bahamagaraho.

Ni nyuma y’uko abaturage kandi ubwabo bayisabiye inzego, bavuga ko ibi bikorwa bikomeje gufata intera nyamara biri muri za kirazira mu muco wabo, bagasaba ko hashyirwaho ingamba zikarishye zo kubirwanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa

Next Post

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.