Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no ku Mugabane wa Afurika, Diamond Platnumz, noneho yifashishije amashusho ubwo yakirwaga na Perezida Paul Kagame, yongera kumushimira byimazeyo.

Uyu muhanzi wataramiye Abaturarwanda kuri iki Cyumweru mu gitaramo cy’amateka, yageze hagati ashimira Perezida Paul Kagame ku byo akomeje kugeza ku Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, yongeye kumushimira mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, buherekejwe n’amashusho ubwo Umukuru w’u Rwanda yamwakiriraga muri BK Arena.

Mu butumwa bwe, Diamond yateruye agira ati “Ndabashimira nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku miyoborere yawe ishikambye no kuba mwaranyakiriye mu Gihugu cyanyu mu ruzinduko nahagiriye.”

Diamond kandi yavuze ko anashimira umukuru w’u Rwanda ku bwo kwigoma byinshi aba afite byo gukora, ariko akabona umwanya wo kuza kwereka urukundo afitiye urubyoruko, ndetse n’uruhare agira mu guteza imbere impano, by’umwihariko kuba ejo hashize yaraje mu gitaramo cye.

View this post on Instagram

A post shared by SIMBA..!🦁 (@diamondplatnumz)

Yakomeje agira ati “Umuhate wawe mu gukomeza gusigasira umuco no guteza imbere ubuhanzi, biduha urugero rwiza. Mwarakoze ku buryo mwanyakiriye ndetse no kuzana umwuka utanga imikoranire no kuyizamura.”

Diamond avuga kandi ko Igihugu avukamo cya Tanzania kizakomeza gukorana neza n’u Rwanda, mu by’ubuhanzi ndetse no mu kuzamura impano muri siporo.

Ati “Twishimira uburyo mwicisha bugufi, yaba ku Banyarwanda ndetse no ku bashyitsi nkatwe. Mu by’ukuri Afurika itewe ishema nawe.”

Muri aya mashusho, Perezida Kagame abwira Diamond mu rurimi rw’Ikiswahili ati “Wakoze akazi keza cyane.” Undi na we akamushimira cyane bigaragara ko afite amarangamutima menshi, agira ati “Ntushobora kumva uburyo ngushimira inkunga uha ibikorwa by’imyidagaduro na siporo.”

Diamond yashimiye byimazeyo Perezida Kagame
Yashimiye Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 2 =

Previous Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Next Post

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Related Posts

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi
IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.