Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi ba Rayon Sports barimo kwishimira gutangira neza umwaka mushya wa Shampiyona wa 2023-1024, ariko se baba bazi imvano y’ibi byishimo, cyangwa barabigizemo uruhare? Nk’umukunzi wa ruhago, umusesenguzi Kazungu Claver arava imuzi ikihishe inyuma y’ibi byishimo.

Mbere na mbere tubyemeranye ko Rayon Sports yiyubatse ikagura abakinnyi beza bari mu bushobozi bwayo.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yatangiye kuyobora ikipe atazi iby’umupira w’amaguru cyane cyane atazi abakinnyi yagura bamuha umusaruro.

Ari muri Studio za RADIOTV10, Uwayezu yavuze ko igihe cyo kugura abakinnyi mu mpeshyi, ari bwo abona abamuhamagara benshi bavuga ko bakunda ikipe, bamurangira abakinnyi bakwiye gukinira Rayon Sports.

Nyuma yo kubona ko abo yizeye bamutengushye bamuyobya mu kugura abakinnyi no gushaka abatoza akabura umusaruro wo gutwara igikombe cya Shampiyona mu myaka 3 kandi yari intego yari yarihaye, nubwo yatwayemo igikombe cy’Amahoro ariko yakuyemo isomo ryo kwishakamo igisubizo cyo kutazongera guhangikwa abakinnyi ndetse n’abatoza.

Amakuru yizewe ni uko yari ameze nk’ufite Zahabu ariko atabizi cyangwa atayizeye. Yafashe umwanzuro mwiza ari na wo amakipe akomeye akoresha.

Yagiriye icyizere umukozi we ahemba Umunyamabanga w’ikipe Namenye Patrick, umugabo ukiri muto, umuhanga, umwizerwa akaba n’inyamugayo, ati “Ni wowe nshinze kugura abakinnyi, gushaka abatoza, n’ibindi byose bikenewe mu ikipe.”

Ubu akazi ka Perezida ni ukwishyura no gusinya gusa, ubundi agakora ubucuruzi bwe uko ashaka nta mutima uhagaze kuko avuga ati “SG Namenye Patrick ibimunanira arambwira.”

Mu magambo asobanutse, Namenye Patrick yeguriwe kuyobora Rayon, ameze nka Yosefu Mwene Yakobo Umwami Farawo amwegurira kuyobora Igihugu cya Egiputa cyangwa Misiri biri muri Bibiliya Yera Itangiriro 41:37-46.

Ni yo mpamvu uyu munsi twabonye impinduka muri Rayon Sports ku buryo bazana abatoza n’abakinnyi mu ibanga bikamenyakana ari uko bageze i Kanombe.

Kugeza ubu uretse umunyezamu Simon Tamale wabaye umuzamu mwiza watowe wa Season muri Shampiyona ya Uganda, ni we twavuga ko Namenye Patrick yibeshyeho bitewe n’uko ahari atari yamubonye imbonankubone kubera ko ari mugufi.

Namenye Patrick ntiyabishoboye kubera ko ari muto kuko abahangikaga abakinnyi n’abatoza Perezida Uwayezu Jean Fidel ntabwo ari abasaza, ahubwo mbere yo byose yaba Umusore, Inkumi, Umugore ukuze cyangwa Umusaza guhabwa izo nshingano agomba kuba ari umwizerwa.

Ibya Namenye Patrick bitandukanye n’ibyo ubusanzwe twumva mu mupira wacu w’amaguru tumenyereye kumva hashimwa umuntu ko ari umuhanga mu mupira w’amaguru ko ari umuhanga awuzi cyane, kandi benshi bamuziho gushaka abapfumu, gushaka abakinnyi b’izindi kipe ngo batange ibitego, gushaka abasifuzi, byaba ngombwa no gushaka abayobozi b’andi makipe kugura amanota.

Dukeneye ba Namenye Patrick benshi b’abizerwa mu mupira wacu.

Chalres Bbal uherutse gufasha Rayon gutsinda APR
Namenye Patrick na Perezida wa Rayon
Abakunzi ba Rayon batangiye umwaka w’imikino bamwenyura

KAZUNGU Claver
RADIOTV10

Comments 1

  1. Wellars Ntawukuriryayo says:
    2 years ago

    Nibyo rwose tubafite twabona umusaruro mwiza waruhago nyarwanda “ba NAMENYE” ariko barahari ahubwo kubera amanyanga yabenshi mubayobora ayamakipe baba bashaka abo bafatanya mubidaciye mumucyo byose.
    Ubuse @KAZUNGU ko nemera ko ntawukurusha iyo qualite ,kayiranga J.B., Abega, Sadate, … kuki ntawubahamagara ngo mufatanye? Nuko baziko murabanyakuri kdi abenshi ukuri kubaba kure.,
    Gukorera mukuri bigira umusaruro mwiza Kandi urambye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.