Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpinduka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakoze muri Guverinoma y’u Rwanda, hari Minisiteri yakuweho nyuma y’umwaka umwe gusa yari imaze ishyizweho, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta mushya washyizweho, waje mu mwanya wigeze kubamo Hon. Edourad Bamporiki ubu ufungiye ibyaha yahamijwe.

Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, yari yashyizweho tariki 30 Nyakanga 2022, ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame nabwo yari yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, agashyiraho Eric Rwigamba nka Minisitiri Ushinzwe Ishoramari rya Leta.

Mu mpinduka zakozwe mu ijoro ryacyeke, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya ya Guverinoma y’u Rwanda, abayobozi banyuranye barimo Eric Rwigamba wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Ibi bivuze ko Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yahise iseswa, inshingano zayo zikaba zimuriwe muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, zikazaba zishinzwe Jeannine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Jeanine Munyeshuli ni we uzaba ashinzwe inshingano z’iyahoze ari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta

Ibindi byo kumenya mu mpinduka zakozwe

Muri Minisiteri y’Uburezi, naho habaye impinduka, aho iyi Minisiteri ubu ifite Umunyamabanga wa Leta umwe, mu gihe yari isanzwe ifite babiri, ari bo Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, akaba yari Gaspard Twagirayezu, ari na we ubu wagizwe Minisitiri w’Uburezi.

Muri iyi Minisiteri kandi hari hasanzwe harimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, wari usanzwe ufitwe na Irere Claudette, wagumye kuri uyu mwanya, ariko akaba ari Umunyamabanga wa Leta gusa.

Muri Minisiteri y’Urubyiruko, hinjijwemo amaraso mashya, aho iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, ari we Sandrine Umutoni.

Iyi Minisiteri imaze amezi atanu ivuguruwe kuko mbere yahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ikaba yaragizwe Minisiteri y’Urubyiruko mu mavugurura yabaye tariki 24 Werurwe 2023, aho Umuco wahise ujyanwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, nyuma y’igihe itamufite kuva ubwo Edouard Bamporiki yakurwaga kuri uyu mwanya muri Gicurasi umwaka ushize ubwo yari afite ibyo akurikiranyweho byanatumye akatirwa n’inkiko, ubu akaba afunze ngo arangize igihano yakatiwe.

Izindi mpinduka zabayeho muri iyi Guverinoma, ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, yazanywemo amaraso mashya, ihabwa Maj Gen Albert Murasira, wahoze ari Minisitiri w’Ingabo.

Maj Gen Albert Murasira, yasimbuye kuri uyu mwanya Solange Kayisire, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Umwanya wahozemo Bamporiki washyizwemo umushya
Sandrine Umutoni ni we waje muri uyu mwanya wahozemo Bamporiki
Eric Rwigamba wari Minisiteri w’Ishoramari rya Leta yahawe inshingano nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Next Post

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.