Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in MU RWANDA, SIPORO
0
Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikora

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB binyuze muri “Visit Rwanda” rwasinyanye amasezerano y’imikoranire na FC Bayern Munich yo mu Budage, kugira ngo imenyekanishe ubukerarugendo bw’u Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu.

Aya masezerano yatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Kanama 2023, aho azarangira mu mwaka wa 2028. Ntabwo akubiyemo kwamamaza ku myenda.

Abakinnyi ba Bayern Munich n’abafana bayo bazagira amahirwe yo kureba ubwiza nyaburanga bw’u Rwanda, basobanurirwe umuco warwo n’ibindi.

Mu bikubiye mu masezerano,harimo ko iyi kipe izafasha mu guteza imbere ruhago y’u Rwanda uhereye mu bakiri bato,VISIT Rwanda izajya yamamazwa ku byapa binini muri Stade ya Allianz Arena yakira abafana basaga ibihumbi 75.

Visit Rwanda yavuze ko aya masezerano y’imikoranire azereka isi yose ko amarembo y’u Rwanda afunguye yaba mu kurusura no gushora imari mu Rwanda ku bashoramari bose bo ku isi barimo n’abo mu Budage.

Ikindi kandi ngo Bayern Munich izafatanya na MINISPORTS na FERWAFA mu gufungura ishuri rya ruhago,guhugura abatoza ndetse no kuzamura umupira w’amaguru mu Rwanda yaba mu bahungu n’abakobwa.

Kubera ko Visit Rwanda iri umu baterankunga bakuru ba Bayern Munich biravuga ko yashoye agatubutse muri iyi mikoranire.

Ubusanzwe uri mu cyiciro cy’umuterankunga mukuru agomba kwishyura nibura miliyoni 5 z’amayero ku mwaka umwe. Visit Rwanda yabaye umuterankunga mukuru wa 10 wa Bayern Munich.

Bayern Munich iri mu makipe akomeye cyane ku isi muri ruhago kuko imaze gutwara UEFA Champions League 6, Shampiyona y’iwabo mu Budage inshuro 33, DFB Pokal inshuro 20 ndetse na Super cup inshuro 10.

Ifite igikombe cy’isi cy’amakipe inshuro 2 harimo icyo iheruka muri 2020.

Bayern Munich ibaye ikipe ya gatatu y’ikigugu isinyanye amasezerano y’imikoranire n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo rwabwo.

Muri Gicurasi 2018 nibwo u Rwanda rwasinyanye na Arsenal amasezerano y’imyaka itatu, agamije kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Mu 2019 hafashwe icyemezo cyo kuyongera, binatangazwa ku wa 14 Gicurasi 2021 ubwo Arsenal F.C yamurikaga umwambaro mushya.

Nyuma yaho, ku wa 4 Ukuboza 2019 u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imyaka itatu y’ubufatanye na Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa, aho ijambo Visit Rwanda rigaragara ku mwambaro w’iyi kipe mu myitozo n’uwo yambara mbere y’imikino no ku kibuga Parc des Princes.Yamamazwa kandi no ku byapa byo kuri Stade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 6 =

Previous Post

Abanyarwanda batuye muri Congo bizihije Umuganura

Next Post

Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.