• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha abantu, akaza kurekurwa, yavuze ko atazongera kubikora ukundi kuko na we yumvise ibibi byabyo.

Uyu Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, we n’abandi bantu bane, bari batawe muri yombi tariki ya 17 na 18 Ukuboza 2025, baza kurekurwa by’agateganyo tariki 30 Ukuboza 2025.

Uyu mugabo wakunze kugaragara mu bikorwa binyuranye nko mu bitaramo anyanyagiza amafaranga ayaha abantu, yavuze ko nyuma yo gufungirwa kiriya cyaha, yazinutswe ibi bikorwa, kuko yamaze kumenya ko ari icyaha.

Yagize ati “Josua sinzongera gukora ibyo nakoze kubera ko nabikoze mbikuye mu mico y’ibindi Bihugu bibifata nk’ibintu byiza ariko mu muco w’Abanyarwanda ntabwo byagaragaye neza.”

Yaboneyeho kandi gushimira ubuyobozi bw’u Rwanda, ahereye ku Mukuru warwo ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, kuko nubwo yakoze biriya bikorwa bigize icyaha, ariko batamutereranye.

Ati “kubera ko batamfashe nk’icyihebe bakandeka nkakomeza gukurikiranwa ndi hanze, hari umuntu ushobora kurekura akaba ari bwo akora amakosa ariko Josua ndacyasaba imbabazi kandi bumve ko imbabazi nsaba atari iz’uburyarya cyangwa kuko ndi hanze. Kandi imbabazi nyakuri ni izisabwe n’umuntu wemera ikosa kandi ntazarisubire.”

Yavuze ko nyuma yo gusobanurirwa ibibi bya biriya bikorwa, na we yaje gusanga ari byo, kandi ko na we bishobora kumugiraho ingaruka.

Ati “Hari igihe ushobora kuba ufite ubushobozi bwo gufasha umuntu umwe, watanga amafaranga mu ruhame abantu bakagira ngo ufite ubushobozi bwafasha Igihugu cyose, rimwe na rimwe bakaba banantega bakangirira nabi.”

Uyu mugabo avuga ko gufungwa kwe atabifata nk’ibintu bibi, ahubwo ko byamubereye isomo kuko byatumye abona umwanya wo kwitekerezaho no kumva neza amakosa yakoraga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + fifteen =

Previous Post

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Next Post

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.