• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine), kandi ko ntacyo kimushakaho, ahubwo ko gishaka umugabo we.

Kuva mu bihe by’amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, General Muhoozi Kainerugaba na Bobi Wine bakomeje guterana amagambo, aho uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, ashinja umuhungu wa Museveni kumugirira nabi.

Byageze n’aho Muhoozi avuga ko nafata Bobi Wine, icyo azabanza kumukorera ari ukumuca ubugabo bwe, ibintu bitashimishije umugore w’uyu munyapolitiki, Barbara Itungo.

Mu butumwa bwo kumusubiza, uyu mugore wa Bobi Wine, yari yagize ati “Umugaba Mukuru w’Ingabo akaba n’umuhungu wa Museveni yavuze ko ashaka ubugabo bw’umugabo wanjye. Muhoozi afite ubugabo bwe kuki akeneye ubw’umugabo wanjye?”

Umugore wa Bobi Wine kandi aherutse gutangaza ko nyuma y’ariya matora, urugo rwabo rwatewe n’abasirikare, bakarugota ndetse bakamukubita nyuma yo kwanga gutanga password ya Telefone ye.

General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa yanyujije kuri X mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yanamaganye aya makuru avuga ko igisirikare cye cyakubise uyu mugore wa Bobi Wine.

Yagize ati “Abasirikare banjye ntibigeze bakubita Barbie…Umugore wa Kabobi [izina akoresha avuga Bobi Wine]. Mbere na mbere ntabwo tujya dukubita abagore. Ntabwo bari mu bo dufatira umwanya wacu. Turi gushakisha umugabo w’ikigwari we.”

Mu bihe binyuranye Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni, akunze guterana amagambo na Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Uganda.

Umunyapolitiki Bobi Wine, ni umwe mu bafite abamukurikira benshi muri Uganda, dore ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba, yaje akurikira Museveni mu majwi, aho yagize 24,7% mu gihe Museveni yagize 71,6%.

General Muhoozi Kainerugaba
Bobi Wine n’Umugore we wamufashije cyane mu bihe byo kwiyamamaza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Next Post

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.