Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa Rayon Sports, uherutse kugaragara ashyamirana n’umwe mu bakinnyi be bagiye gusakirana ngo barwane, ubu noneho aravugwaho gutukana, akoresheje ururimi rw’iwabo, ariko umwe mu batoza barwumva, akaba yabihishuye.

Uyu mutoza Yamen Zelfani, usanzwe akomoka muri Tunisia, aravugwaho iyi myitwarire mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, wahuje Rayon Sports na Gorilla FC, warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Ni umukino wa kabiri wa Rayon, waje ukurikira uwo yatsinzemo Gasogi United wanafunguye shampiyona ya 2023-2024, wasojwe n’imvururu hagati y’abakinnyi ba Rayon, zanagaragayemo uyu mutoza Yamen Zelfani wagaragaye ashwana n’umunyezamu Hategekimana Adolphe, bari bagiye gufatana mu mashati, ariko abakinnyi bakababuza.

Kuri iki Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, uyu mutoza wa Rayon Sports yongeye kuvugwaho imyitwarire itanejeje, aho umutoza wa Gorilla FC, Gatera Moussa yavuze ko atukana.

Gatera yavuze ko uyu mutoza w’Umunya-Tunisia, yamwiyumviye avuga amagambo yo mu Cyarabu, yuzuyemo ibitutsi.

Gatera yagize ati “Iyo agiye kugutuka, agutuka mu Cyarabu, kandi nabyumvise, narakize ndakizi.”

Uyu mutoza wa Gorilla wakunze kugaragara ajya kwiyambaza umusifuzi wa kane muri uriya mukino, yavuze ko yabaga agiye kumubwira iby’iyi mico mibi y’umutoza mugenzi we.

Ati “We iyo ashatse kukubwira ikintu cyangwa ashaka kukubwira nabi akubwira mu Cyarabu kandi iriya Mico ntabwo ari myiza.”

Gatera yakomeje agira ati “nabwiye n’umwungiriza we mu gifaransa ko ari gutukana mu Cyarabu, kandi ntabwo ari byiza, ni cyo kintu cyambabaje ntakindi.”

Ni mu gihe uyu mutoza wa Rayon Sports, Yamen Zelfani na we yavuze ko uyu mutoza wa Gorilla, yamubwiye amagambo amurakaza.

Umutoza wa Rayon Sports yongeye gutukana – Umuseke
Yamen Zelfani aravugwaho gutukana mu Cyarabu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Related Posts

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.