Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Youssef Rhab uri mu bakinnyi b’inkingi za mwamba ba Rayon Sports, ntari bujyanye n’iyi kipe ijya muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup. Amakuru avuga ko hakozwe ibishoboka byose kugira ngo bajyane ariko bikananirana.

Biteganyijwe ko iyi kipe ya Rayon Sports ihaguruka i Kigali muri uyu mugoroba, yerecyeza muri Libya, ariko ikabanza kunyura i Adis-Ababa muri Ethiopia, inanyure i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi.

Urutonde rw’abakinnyi 22 bajyana na Rayon Sports, ntirwajeho Youssef Rhab kubera ikibazo cy’imvune aherutse kugirira mu mukino iyi kipe iheruka gukina na Kiyovu Sports wo guhatanira Igikombe cya RNIT Saving Cup, cyanegukanywe na Rayon itsinze ibitego 3-0 Kiyovu.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, avuga ko kuva Youssef yavunikira muri uyu mukino wabaye tariki 8 Nzeri 2023, abaganga ba Rayon Sports bakomeje kugerageza uburyo bwose yavurwa agakira akajyana n’abandi, ariko yakomeje kubabara umugongo ku buryo atari kubasha gukora uru rugendo.

Ibi ni na byo byatumye ubuyobozi bwa Rayon Sports bufata icyemezo cyo gusimbuza uyu rutahizamu w’Umunya-Maroc, umwanya we ushyirwamo Mugisha Francois bakunze kwita Master.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nzeri, saa Kumi n’igice inyure Adis-Ababa muri Ethiopia, ice i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi aho izakinira na Al Hilal Benghazi ku wa gatanu tariki 15 Nzeri 2023 saa Mbiri z’i Kigali kuri Benina Martyrs Stadium.

Abajyanye na Rayon Sports

Abanyezamu:

  1. Hakizimana Adolphe,
  2. Hategekimana Bonheur,
  3. Simon Tamale.

Ba Myugariro: 

  1. Rwatubyaye Abdoul,
  2. Ganijuru Ishimwe Elie,
  3. Mitima Isaac,
  4. Mucyo Didier Junior,
  5. Nsabimana Aimable
  6. Serumogo Aly.

Abakina hagati: 

  1. Aruna Musa Madjaliwa,
  2. Ndekwe Bavakure Felix,
  3. Emmanuel Mvuyekure,
  4. Ngendahimana Eric,
  5. Mugisha Francois Master,
  6. Tuyisenge Arsène,
  7. Héritier Nzinga Luvumbu,
  8. Kalisa Rachid,
  9. Joackiam Ojera
  10. Iraguha Hadji.

Ba rutahizamu: 

  1. Eid Mugadam Abakar Mugadam,
  2. Charles Bbaale
  3. Mussa Esenu.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Next Post

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.