Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
13/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko imikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri [bamwe bita ingufu za kirimbuzi], izayifasha kwesa umuhigo yiyemeje wo kugeza amashanyarazi ku Baturarwanda bose. 

Guverinoma y’u Rwanda yemeranyije imikoranire n’ikigo cy’Abadage gitunganya ingufu za kirimbuzi; zigakoreshwa mu buryo bwo gutanga umuriro w’amashanyarazi.

Ubaye umushinga wa kabiri mu myaka ine u Rwanda rushyizeho umukono mu kongera umuriro w’amashanyarazi mu Gihugu.

Dr nsabimana Ernest [wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo ubwo uyu mushinga wasinywaga-ubu yasimbuwe] avuga ko uyu mushinga mushya ugomba kumara imyaka ine mu igeregezwa; ku buryo nurangira uzafasha Igihugu mu iterambere ry’inganda.

Ati “Niba tuvuga ko mu mwaka wa 2050 hari icyerekezo dufite; tuzaba dufite inganda zingana gute? Ibyo byose ni byo Igihugu kireba noneho kigatangira gutegura muri iyo myaka iri imbere uko bizagenda.”

Agaruka kuri izi ngufu, yagize ati “Iri ni ikoranabuhanga ridakoresha ibintu binini cyane nk’uko hubakwa umuriro ufatira ku rugomero rw’amazi, ugasanga bigiye kuri hegitari zingahe. Hano ntabwo ari ko bigenda, kaba ari akantu gatoya ariko gashobora gutanga nka megawate maganatatu.”

Uyu mushinga usanze undi wo muri 2019; aho u Rwanda rwemeranyije n’ikigo cy’Abarusiya cyitwa ROSATOM gishinzwe iby’ingufu za Nikeleyeri, aho iki kigo cyagombaga kubaka uruganda rw’izi ngufu za kirimbuzi mu Rwanda. Icyakora ngo kugeza ubu ntibirakorwa.

Umuyobozi w’Ikigo Nyarwanda gishinwe ingufu za kirimbuzi, Dr Fidele Ndahayo yagize ati “Turimo gukora inyigo zizatwereka mu Rwanda aho dushobora kubaka uruganda. Ubwo noneho tuzagera ku ntambwe ikurikiraho yo kubaka uruganda.”

U Rwanda rwemeza ko iyi mishinga ishobora no gufasha mu zindi nzego zirimo ubuzima ndetse no mu buhinzi n’ubworozi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Munyaneza Abdou says:
    2 years ago

    Bazarwubake kugisenyi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + seven =

Previous Post

Ibizamini bya Leta: Menya ibigo by’amashuri byigamo abana babaye aba mbere mu Gihugu

Next Post

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Related Posts

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
0

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

IZIHERUKA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba
AMAHANGA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

07/08/2025
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

07/08/2025
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

07/08/2025
Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.