Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
13/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko imikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri [bamwe bita ingufu za kirimbuzi], izayifasha kwesa umuhigo yiyemeje wo kugeza amashanyarazi ku Baturarwanda bose. 

Guverinoma y’u Rwanda yemeranyije imikoranire n’ikigo cy’Abadage gitunganya ingufu za kirimbuzi; zigakoreshwa mu buryo bwo gutanga umuriro w’amashanyarazi.

Ubaye umushinga wa kabiri mu myaka ine u Rwanda rushyizeho umukono mu kongera umuriro w’amashanyarazi mu Gihugu.

Dr nsabimana Ernest [wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo ubwo uyu mushinga wasinywaga-ubu yasimbuwe] avuga ko uyu mushinga mushya ugomba kumara imyaka ine mu igeregezwa; ku buryo nurangira uzafasha Igihugu mu iterambere ry’inganda.

Ati “Niba tuvuga ko mu mwaka wa 2050 hari icyerekezo dufite; tuzaba dufite inganda zingana gute? Ibyo byose ni byo Igihugu kireba noneho kigatangira gutegura muri iyo myaka iri imbere uko bizagenda.”

Agaruka kuri izi ngufu, yagize ati “Iri ni ikoranabuhanga ridakoresha ibintu binini cyane nk’uko hubakwa umuriro ufatira ku rugomero rw’amazi, ugasanga bigiye kuri hegitari zingahe. Hano ntabwo ari ko bigenda, kaba ari akantu gatoya ariko gashobora gutanga nka megawate maganatatu.”

Uyu mushinga usanze undi wo muri 2019; aho u Rwanda rwemeranyije n’ikigo cy’Abarusiya cyitwa ROSATOM gishinzwe iby’ingufu za Nikeleyeri, aho iki kigo cyagombaga kubaka uruganda rw’izi ngufu za kirimbuzi mu Rwanda. Icyakora ngo kugeza ubu ntibirakorwa.

Umuyobozi w’Ikigo Nyarwanda gishinwe ingufu za kirimbuzi, Dr Fidele Ndahayo yagize ati “Turimo gukora inyigo zizatwereka mu Rwanda aho dushobora kubaka uruganda. Ubwo noneho tuzagera ku ntambwe ikurikiraho yo kubaka uruganda.”

U Rwanda rwemeza ko iyi mishinga ishobora no gufasha mu zindi nzego zirimo ubuzima ndetse no mu buhinzi n’ubworozi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Munyaneza Abdou says:
    2 years ago

    Bazarwubake kugisenyi

    Reply

Leave a Reply to Munyaneza Abdou Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Ibizamini bya Leta: Menya ibigo by’amashuri byigamo abana babaye aba mbere mu Gihugu

Next Post

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.