Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA
0
Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Jay Shetty wigeze gutumira Perezida Joe Biden wa USA mu biganiro akora, uherutse gusura u Rwanda, yavuze ko urugendo yagiriye mu Rwanda ari rwo rwahinduye ubuzima bwe kuko rwamunyuze bidasanzwe, anavuga ko yatunguwe n’uburyo Abanyarwanda babana mu rukundo n’ubugwaneza nyamara baranyuze mu macakubiri yo hambere.

Jay Shetty yasuye u Rwanda muri Kamena umwaka ushize wa 2022 ubwo yari kumwe n’ikirangirire Ellen Degeneres usanzwe anafite ibikorwa mu Rwanda byo kubungabunga ubuzima bw’Ingagi.

Jay Shetty wakunze kugaruka ku bihe byiza yagiriye mu Rwanda, yongeye kubisubiramo mu butumwa yanyujije kuri Instagram, avuga ko gusura u Rwanda ari ikintu cy’ingenzi atazibagirwa mu buzima bwe.

Yatangiye agira ati “Rumwe mu ngendo ziri guhindura ubuzima bwanjye nagize mu buzima bwanjye, ni urwo mu Rwanda.”

Yakomeje ashimira Ellen Degeneres, ati “Nari ntarigera nkora ikintu nk’iki cyo gusura ishyamba no gushakisha ingagi no kumarana igihe na zo. Ni cyo kintu cyanshimishije cyane.”

Yavuze kandi ko yanaboneyeho kumenya amateka y’Ingagi, zigeze guhura n’ibibazo bya ba rushimusi, anashimira nyakwigendera Dian Fossey wagize uruhare mu kuzibungabunga.

Jay Shetty yavuze kandi ko banasuye Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ndetse no guhura n’abayirokotse, bakumva ubuhamya bwabo butangaje.

Ati “Mu by’ukuri biratangaje kumva uburyo babashije kurenga amateka ashaririye banyuzemo bakomoka ibikomere, n’uburyo abaturage biyunze, bakaba barangwa n’urukundo n’ubugwaneza ntigeze mbona ahandi.”

Jay Shetty ni umwe mu bafite amazina akomeye ku Isi, mu biganiro bikorwa hagati ye n’undi muntu aba yatumiye [ibizwi nka Podcast], aho yagiye agirana ibiganiro n’abantu bakomeye ku Isi n’ibyamamare, nka Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America.

Aherutse kugirana ikiganiro na Perezida Joe Biden

Umwaka ushize ubwo yasuraga u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 2 =

Previous Post

Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana

Next Post

Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.