Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA
0
Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Jay Shetty wigeze gutumira Perezida Joe Biden wa USA mu biganiro akora, uherutse gusura u Rwanda, yavuze ko urugendo yagiriye mu Rwanda ari rwo rwahinduye ubuzima bwe kuko rwamunyuze bidasanzwe, anavuga ko yatunguwe n’uburyo Abanyarwanda babana mu rukundo n’ubugwaneza nyamara baranyuze mu macakubiri yo hambere.

Jay Shetty yasuye u Rwanda muri Kamena umwaka ushize wa 2022 ubwo yari kumwe n’ikirangirire Ellen Degeneres usanzwe anafite ibikorwa mu Rwanda byo kubungabunga ubuzima bw’Ingagi.

Jay Shetty wakunze kugaruka ku bihe byiza yagiriye mu Rwanda, yongeye kubisubiramo mu butumwa yanyujije kuri Instagram, avuga ko gusura u Rwanda ari ikintu cy’ingenzi atazibagirwa mu buzima bwe.

Yatangiye agira ati “Rumwe mu ngendo ziri guhindura ubuzima bwanjye nagize mu buzima bwanjye, ni urwo mu Rwanda.”

Yakomeje ashimira Ellen Degeneres, ati “Nari ntarigera nkora ikintu nk’iki cyo gusura ishyamba no gushakisha ingagi no kumarana igihe na zo. Ni cyo kintu cyanshimishije cyane.”

Yavuze kandi ko yanaboneyeho kumenya amateka y’Ingagi, zigeze guhura n’ibibazo bya ba rushimusi, anashimira nyakwigendera Dian Fossey wagize uruhare mu kuzibungabunga.

Jay Shetty yavuze kandi ko banasuye Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ndetse no guhura n’abayirokotse, bakumva ubuhamya bwabo butangaje.

Ati “Mu by’ukuri biratangaje kumva uburyo babashije kurenga amateka ashaririye banyuzemo bakomoka ibikomere, n’uburyo abaturage biyunze, bakaba barangwa n’urukundo n’ubugwaneza ntigeze mbona ahandi.”

Jay Shetty ni umwe mu bafite amazina akomeye ku Isi, mu biganiro bikorwa hagati ye n’undi muntu aba yatumiye [ibizwi nka Podcast], aho yagiye agirana ibiganiro n’abantu bakomeye ku Isi n’ibyamamare, nka Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America.

Aherutse kugirana ikiganiro na Perezida Joe Biden

Umwaka ushize ubwo yasuraga u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana

Next Post

Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.