Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyatumye undi muntu araswa mu Rwanda n’uko byagenze

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in MU RWANDA
0
Haravugwa icyatumye undi muntu araswa mu Rwanda n’uko byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Undi muntu wakekwagaho ubujura bw’insinga, yarasiwe mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, ahita ahasiga ubuzima. Hasobanuwe icyatumye araswa.

Uyu warashwe mu rucyerera rw’ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira, yitwa Nzarubara Emmanuel wakekwagaho ubujura bw’insinga, yakoreye mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko ibyo mu Ntara y’Amajyepfo.

Aya makuru y’iraswa ry’uyu wakekwagaho ubujura, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga wavuze ko yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka inzego ubwo yari agiye kwerekana bagenzi be bakoranaga muri ubu bujura.

ACP Boniface Rutikanga uvuga ko uyu wakekwagaho ubujura yari anagiye kwerekana izindi nsinga zibwe, dore ko hari hamaze kuboneka izifite ibilo 20.

Yagize ati “Hari ibindi yari agiye kutwereka ndetse yemeye no kutwereka bagenzi be bakorana, ariko ibyo ntibyagezweho kuko wari umugambi wo gushaka kwicikira, baba baramurashe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko impamvu bari bamujyanye mu rucyerera kwerekana abandi bakoranaga, ari bwo buryo bwiza bwo gufata abakekwaho ubujura, kuko iyo amasaha yigiye imbere biba bigoye kubafata.

ACP Boniface Rutikanga ati “Umunyabyaha ntabwo abaho nkawe nk’uko utaha iwawe wisanzuye ntacyo wikeka. Udakoresheje uburyo bw’ijoro yitwikira ntiwamufata.”

Uyu warashwe abaye uwa gatatu urashwe mu gihe kitageze mu byumweru bibiri harashwe abandi bantu babiri, na bo bakekwagaho ubujura bw’insinga, barimo uwarasiwe mu Karere ka Muhanga mu mpera z’ukwezi gushize, ndetse n’undi warasiwe mu Karere ka Bugesera tariki 02 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 15 =

Previous Post

Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Next Post

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.