• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
5
Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ntara ya Gitega mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu Burundi, haravugwa inkuru yabereye benshi amayobera y’umusore wari umaze imyaka itatu apfuye ndetse yaranashyinguwe, wongeye kugaragara ari mutaraga. Hari abavuga icyo bakeka gishobora kuba cyarabayeho.

Uyu musore witwa Augustin Tuyisaba w’imyaka 18 y’amavuko, ni uwo muri Komini Itaha mu Ntara ya Gitega, yongeye kugaragara mu ntangiro z’iki cyumweru tariki 08 Ukwakira 2023.

Yabonetse ubwo yinjiraga mu rusengero rw’Itorero rya Methodiste Libre, ruherereye mu Ntara ya Makamba, bahita bamenyesha umubyeyi we Bigirimana Angeline wasazwe n’ibyishimo byo kongera kubona umuhungu we yari amaze imyaka itatu ashyinguye.

Mu byishimo byinshi, uyu mubyeyi yabwiye ibinyamakuru byo mu Burundi ko muri 2020, ari bwo yakiriye inkuru y’incamugongo ko umuhungu we wari waragiye gushakisha imibereho, yitabye Imana arohamye mu kiyaga.

Icyo gihe bakoze imihango yo gushyingura, bajya gufata umurambo, barawoza nk’uko bikorerwa imibiri y’abitabye Imana, ubundi bamushyira mu isanduku barashyingura.

Bigirimana Angeline yagize ati “Ndanezerewe kuba Imana yongeye kunyereka agahungu nari mfite ari kamwe mu bakobwa umunani, sinumva uko nayishimira.” 

Ni mu gihe uyu musore we yabonetse avuga amagambo macye, ndetse bigaragara ko ibitekerezo bitari ku murongo.

Iyi nkuru yabereye inshoberamahanga benshi, bavuga ko bitumvikana uburyo umuntu wapfuye ndetse akanashyingurwa, yakongera kuboneka ari muzima nyuma y’imyaka itatu.

Abazi iby’imigenzo gakondo mu Burundi, babwiye ikinyamakuru Jimbere cy’i Burundi ko ibyo kuba umuntu wari warapfuye yakongera kuboneka ari muzima, bishoboka.

Bavuga ko hari igihe umuntu apfa kubera kurogwa n’abafite ubuhanga mu mbaraga zidasanzwe, kugira ngo bazajye bamukoresha mu mirimo y’uburetwa, ku buryo iyo amaze gushyinguwa, abo babikoze, bamugarura mu Isi ya muntu ibyo Abarundi bita ‘kumurabura’, ubundi bagatangira kumukoresha mu ijoro.

Abo bavuga iby’iyi migenzo, bavuga ko iyo habaye ikosa mu gukora icyo gikorwa cy’uburozi cyabayemo kwibeshya, cyangwa hakaboneka undi murozi ushobora gusubiza ibuzima uwo muntu, azuka, bagakeka ko ari byo bishobora kuba byarabaye kuri Augustin Tuyisaba.

Tuyisaba bivugwa ko yari amaze imyaka itatu yarapfuye
Umuryango we wishimiye kongera kumubona
Umubyeyi we byamurenze

RADIOTV10

Comments 5

  1. Claude Harerimana says:
    3 years ago

    Hanze ahangaha hakeneye izindi mbaraga zimwe zitari izogukinisha, abarizi ni abahanga cyane cyane , imana niba ibaho nitabare .
    Aho umuntu nyamuntu bamupfunyika muri box bakamokoresha icyo bashaka Kandi igihe bashatse.

    Nubwo statics yagaragaje umwe kuri batanu aba afite ikibazo wasanga Ari 3/5 , hari abarimo kugendana ibi bikomere Kandi benshi .
    Leta nidahagurukira abarizi iragira imfungwa nyinshi.

    Reply
  2. Gustave Niyitegeka says:
    3 years ago

    It is not true story

    Reply
  3. Tuyishimire Elie says:
    3 years ago

    Impossible

    Reply
  4. Ndayishimiye Emile says:
    3 years ago

    Ivyo ni vyo cane is true story .nanje ndumurundi ivyo vyarabaye.kand ino iwacu siryambere ivyo bibaye. Eee nizindi nkomezi nyene kweri zibikora

    Reply
  5. Ishimwe says:
    3 years ago

    Ndabona areba bidasanzwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Next Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.