Saturday, April 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
5
Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ntara ya Gitega mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu Burundi, haravugwa inkuru yabereye benshi amayobera y’umusore wari umaze imyaka itatu apfuye ndetse yaranashyinguwe, wongeye kugaragara ari mutaraga. Hari abavuga icyo bakeka gishobora kuba cyarabayeho.

Uyu musore witwa Augustin Tuyisaba w’imyaka 18 y’amavuko, ni uwo muri Komini Itaha mu Ntara ya Gitega, yongeye kugaragara mu ntangiro z’iki cyumweru tariki 08 Ukwakira 2023.

Yabonetse ubwo yinjiraga mu rusengero rw’Itorero rya Methodiste Libre, ruherereye mu Ntara ya Makamba, bahita bamenyesha umubyeyi we Bigirimana Angeline wasazwe n’ibyishimo byo kongera kubona umuhungu we yari amaze imyaka itatu ashyinguye.

Mu byishimo byinshi, uyu mubyeyi yabwiye ibinyamakuru byo mu Burundi ko muri 2020, ari bwo yakiriye inkuru y’incamugongo ko umuhungu we wari waragiye gushakisha imibereho, yitabye Imana arohamye mu kiyaga.

Icyo gihe bakoze imihango yo gushyingura, bajya gufata umurambo, barawoza nk’uko bikorerwa imibiri y’abitabye Imana, ubundi bamushyira mu isanduku barashyingura.

Bigirimana Angeline yagize ati “Ndanezerewe kuba Imana yongeye kunyereka agahungu nari mfite ari kamwe mu bakobwa umunani, sinumva uko nayishimira.” 

Ni mu gihe uyu musore we yabonetse avuga amagambo macye, ndetse bigaragara ko ibitekerezo bitari ku murongo.

Iyi nkuru yabereye inshoberamahanga benshi, bavuga ko bitumvikana uburyo umuntu wapfuye ndetse akanashyingurwa, yakongera kuboneka ari muzima nyuma y’imyaka itatu.

Abazi iby’imigenzo gakondo mu Burundi, babwiye ikinyamakuru Jimbere cy’i Burundi ko ibyo kuba umuntu wari warapfuye yakongera kuboneka ari muzima, bishoboka.

Bavuga ko hari igihe umuntu apfa kubera kurogwa n’abafite ubuhanga mu mbaraga zidasanzwe, kugira ngo bazajye bamukoresha mu mirimo y’uburetwa, ku buryo iyo amaze gushyinguwa, abo babikoze, bamugarura mu Isi ya muntu ibyo Abarundi bita ‘kumurabura’, ubundi bagatangira kumukoresha mu ijoro.

Abo bavuga iby’iyi migenzo, bavuga ko iyo habaye ikosa mu gukora icyo gikorwa cy’uburozi cyabayemo kwibeshya, cyangwa hakaboneka undi murozi ushobora gusubiza ibuzima uwo muntu, azuka, bagakeka ko ari byo bishobora kuba byarabaye kuri Augustin Tuyisaba.

Tuyisaba bivugwa ko yari amaze imyaka itatu yarapfuye
Umuryango we wishimiye kongera kumubona
Umubyeyi we byamurenze

RADIOTV10

Comments 5

  1. Claude Harerimana says:
    3 years ago

    Hanze ahangaha hakeneye izindi mbaraga zimwe zitari izogukinisha, abarizi ni abahanga cyane cyane , imana niba ibaho nitabare .
    Aho umuntu nyamuntu bamupfunyika muri box bakamokoresha icyo bashaka Kandi igihe bashatse.

    Nubwo statics yagaragaje umwe kuri batanu aba afite ikibazo wasanga Ari 3/5 , hari abarimo kugendana ibi bikomere Kandi benshi .
    Leta nidahagurukira abarizi iragira imfungwa nyinshi.

    Reply
  2. Gustave Niyitegeka says:
    3 years ago

    It is not true story

    Reply
  3. Tuyishimire Elie says:
    3 years ago

    Impossible

    Reply
  4. Ndayishimiye Emile says:
    3 years ago

    Ivyo ni vyo cane is true story .nanje ndumurundi ivyo vyarabaye.kand ino iwacu siryambere ivyo bibaye. Eee nizindi nkomezi nyene kweri zibikora

    Reply
  5. Ishimwe says:
    3 years ago

    Ndabona areba bidasanzwe.

    Reply

Leave a Reply to Tuyishimire Elie Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 11 =

Previous Post

Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Next Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Related Posts

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje. Urwo rukiko...

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

IZIHERUKA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda
MU RWANDA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Skills You Need to Start and Grow a Business

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.