Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27 bahambirijwe amapingu mbere yo kuhagera, kandi ko batifuza kuba iki Gihugu boherejwemo kuko kirutwa n’ibyo bavuyemo bahunga.
Aba bantu 15 barimo ab’igitsinagabo n’inigitsinagore, barimo abakomoka muri Colombia, muri Ecuador, no muri Peru bakaba bamaze iminsi micye bageze muri DRC, nyuma yo kwirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Aba bacumbikiwe muri Hoteli iri mu nkengero za Kinshasa, baravuga ko birukanywe mu buryo bubi, ndetse ko Igihugu boherejwemo bakimenyeshejwe habura igihe gito.
Bavuga ko bamaze amasaha 27 mu ndege bahambirijwe amapingu, mbere yo kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu kiganiro bagiranye na AFP, umukobwa witwa Gabriela w’imyaka 30 ukomoka muri Colombia, yavuze ko iki Gihugu cya Congo yoherejwemo atacyifuzaga habe na gato.
Uyu mukobwa wanze kuvuga izina rye, yagize ati “Sinifuzaga kujya muri Congo. Mfite ubwoba, sinzi ururimi bavuga hano.”
Yavuze ko yamenye aho agiye umunsi umwe mbere yo kwirukanwamuri Leta Zunze Ubumwe za America, ari na bwo yamenye iki Gihugu cya Congo, kuko atari akizi.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye abimukira birukanwe muri Leta Zunze Ubumwe za America ku nshuro ya mbere ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, iri mu rutonde rw’Ibihugu bya Afurika byemeye mu mezi ashize kwitabira umugambo wa America wo kubyoherereza abimukira badafite ibyangombwa, birimo Guinée Equatorial, Gana, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Kameruni, na Eswatini.
Aya masezerano yakunze kuba arimo inkunga y’amafaranga cyangwa ibikoresho bya America. Binyuze mu masezerano na Kinshasa, Washington ibona umutungo w’amabuye y’agaciro uboneka mu butaka bwa Congo kandi ari ingenzi ku nganda z’ikoranabuhanga ku isi.
Nta makuru menshi atangwa n’abayobozi b’Ibihugu byemeye kwakira aba bimukira ku bijyanye n’iherezo ryabo nyuma yo kuhagera, niba bazasubizwa mu Bihugu bavuyemo, cyangwa bakoherezwa mu bindi bizemera kubakira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IMO) ribanza gutanga iby’ingenzi bifasha mu mibereho y’aba bimukira, rivuga ko bashobora kuzasubira muri America mu gihe babona ibyangombwa bibemerera kujya guturayo.
RADIOTV10









