• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin
Share on FacebookShare on Twitter

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje.

Urwo rukiko rwemeje ibyari byatangajwe by’agateganyo mu cyumweru gishize, aho byagaragazaga ko uwari watanzweho umukandida na perezida uriho, Patrice Talon, yatsinze ku buryo bugaragara.

Abakurikiranira hafi politiki y’iki gihugu bemeza ko ibyavuye mu matora yo ku wa 12 Mata byari bizwi mbere, kuko umukandida rukumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Paul Hounkpè, ari we wenyine wari uhanganye na Romuald Wadagni, mu gihe ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya The Democrats ritashoboye kwitabira kubera kubura abashyigikira bahagije.

Perezida w’urukiko, Cossi Dorothe Sossa, yatangaje ati “Urukiko rutangaje ku buryo budasubirwaho ko Bwana Kossi Mbueke Romuald Wadagni ari we watorewe kuba Perezida wa Repubulika, naho Madamu Mariam Chabi Talata aba visi perezida.”

Biteganyijwe ko Wadagni azarahirira kuyobora igihugu cya Benin ku wa 24 Gicurasi 2026.

Urukiko rwavuze ko nta makosa rwabonye yatuma amatora aseswa, kandi ko nta birego byatanzwe ku byavuye mu matora.

Nubwo imibare ya nyuma itatangajwe, iby’ibanze byari byerekanye ko Wadagni yabonye amajwi agera kuri 94%, mu gihe abitabiriye amatora bari 58.8%.

Mu gihe cy’imyaka 10 yari amaze ari Minisitiri w’Imari, Wadagni yagiye ashimirwa kuba yarazamuye ubukungu, agabanya kimwe cya gatatu cy’umwenda wa leta yari ifitiye amahanga, ugera kuri 3% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP).

Akimara gutsinda, Romuald Wadagni yavuze ko yiteguye gukomeza umurongo wa Talon, ushimirwa kuba yarazamuye ubukungu bw’iki gihugu binyuze mu guteza imbere ubukerarugendo n’ibikorwa remezo, nubwo iki gihugu kigihanganye n’ibibazo bikomeye birimo umutekano muke mu majyaruguru y’igihugu, aho hakomeje ibitero by’imitwe y’iterabwoba.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 11 =

Previous Post

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Next Post

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.