• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba ruhanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya DRC (FARDC), rukomeje guhindura isura, by’umwihariko rukaba ruri kugaragaramo abana bigaragara ko batujuje imyaka y’ubukure bari kurwana ku ruhande rwa Guverinoma.

Nyuma y’uko uru rugamba rwubuye, uko bwije uko bucyeye rugenda ruhindura isura, aho impande zombi zidasiba gukozanyaho mu bice bitandukanye.

Kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukwakira 2023, imirwano yabereye Kitshanga, aho FARDC yirahiraga ko yamaze kwamurura M23 muri uyu mujyi, mu gihe na wo uvuga ko ukihashinze imizi, ahubwo ko ugiye gufata ibindi bice birimo ibyerecyeza muri Sake.

Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira 2023, Umutwe wa M23, watangaje ko uru rugamba rwakomeje, ndetse ko abarwanyi bawo bari kurwana basubiza inyuma abo ku ruhande rwa FARDC, mu nzira za Kitshanga-Sake.

Kuri iki Cyumweru kandi, uyu mutwe wigambye ko wivuganye abasirikare benshi ba FARDC ndetse n’abo mu mitwe ifasha iki gisirikare cya Leta, aho wanagaragaje imirambo yabo ndetse n’ibikoresho wagiye ufata.

Kimwe mu bikomeje gutangaza benshi muri iyi mirwano yubuye, ni abana bato bigaragara ko bataruzuza imyaka y’ubukure bari kurwana ku ruhande rwa FARDC, bari mu itsinda ryiswe Wazalendo, bivugwa ko ari iry’urubyiruko rw’Abanyekongo rwiyemeje gutsintsura M23.

Uyu mutwe wa Wazalendo, nanone ufatwa nk’amayeri ya Guverinoma ya Congo, ahubwo ko ari ubumbatiye imitwe yose ifasha FARDC irimo  FDLR  ndetse n’indi inyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo

Next Post

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.