Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa

radiotv10by radiotv10
27/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bibaza impamvu bigeze kwizezwa ko bazahabwa ubutaka bwo guhinga bwari bwarahawe umwe mu babaye mu Gisirikare afite ipeti ryo ku rwego rwa General, akaza kubwamburwa, ariko bagatungurwa no kuba bwarahawe uwo bivugwa ko ari umuyobozi.

Ubu butaka buherereye mu Kagari ka Ryamanyoni mu Murenge wa Murundi, bwari bwarahawe Brig Gen (Rtd) Frank Rusaga ariko aza kubwamburwa kuko atabubyazaga umusaruro.

Nyuma yo kubwamburwa, n’ubundi bwakomeje gupfa ubusa, ariko ubuyobozi bubinyujije mu Nteko z’Abaturage, bubizeza ko buzabubaha kugira ngo babuhinge.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bumvaga ari inkuru nziza kuri bo, ariko ngo ibyo bizejwe si ko byagenze ahubwo ngo batunguwe no kubona ubutaka burimo guhingwamo n’umuyobozi bavuga ko yitwa Muzungu.

Umwe muri bo yagize ati “Bavuze ko batanze ifamu hari amasambu. Baravuga ngo bazahaha abaturage, ariko twagiye kureba dusanga harimo Meya [bikekwa ko ari Muzungu Gerald wigeze kuba Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe] ubwo ni we uhahingisha abakozi.”

Undi muturage na we yagize ati “Ntayo baduhaye, bayihaye nyine uwo muyobozi. Twifuzaga ko nkatwe n’udafite akantu na we yabona akarima agahinga akabaho.”

Umubitsi w’Impapuro mpamo z’ubutaka mu Ntara y’Iburasirazuba, Muvara Pothin, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo butaka bwari bwarahawe Jenerali Frank Rusaga muri 2008 mu gihe cy’isangaranya ry’inzuri, ariko nyuma biza kugaragara ko butabyazwa umusaruro, arabwamburwa, gusa ngo ntazi ibyakurikiyeho.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

Next Post

Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.