Sunday, June 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa

radiotv10by radiotv10
27/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bibaza impamvu bigeze kwizezwa ko bazahabwa ubutaka bwo guhinga bwari bwarahawe umwe mu babaye mu Gisirikare afite ipeti ryo ku rwego rwa General, akaza kubwamburwa, ariko bagatungurwa no kuba bwarahawe uwo bivugwa ko ari umuyobozi.

Ubu butaka buherereye mu Kagari ka Ryamanyoni mu Murenge wa Murundi, bwari bwarahawe Brig Gen (Rtd) Frank Rusaga ariko aza kubwamburwa kuko atabubyazaga umusaruro.

Nyuma yo kubwamburwa, n’ubundi bwakomeje gupfa ubusa, ariko ubuyobozi bubinyujije mu Nteko z’Abaturage, bubizeza ko buzabubaha kugira ngo babuhinge.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bumvaga ari inkuru nziza kuri bo, ariko ngo ibyo bizejwe si ko byagenze ahubwo ngo batunguwe no kubona ubutaka burimo guhingwamo n’umuyobozi bavuga ko yitwa Muzungu.

Umwe muri bo yagize ati “Bavuze ko batanze ifamu hari amasambu. Baravuga ngo bazahaha abaturage, ariko twagiye kureba dusanga harimo Meya [bikekwa ko ari Muzungu Gerald wigeze kuba Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe] ubwo ni we uhahingisha abakozi.”

Undi muturage na we yagize ati “Ntayo baduhaye, bayihaye nyine uwo muyobozi. Twifuzaga ko nkatwe n’udafite akantu na we yabona akarima agahinga akabaho.”

Umubitsi w’Impapuro mpamo z’ubutaka mu Ntara y’Iburasirazuba, Muvara Pothin, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo butaka bwari bwarahawe Jenerali Frank Rusaga muri 2008 mu gihe cy’isangaranya ry’inzuri, ariko nyuma biza kugaragara ko butabyazwa umusaruro, arabwamburwa, gusa ngo ntazi ibyakurikiyeho.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + eleven =

Previous Post

Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

Next Post

Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Related Posts

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

by radiotv10
21/06/2025
0

Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje...

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

by radiotv10
21/06/2025
0

Umugore w’imyaka 30 wari waturutse mu Ntara y’Iburasirazuba wasanzwe yapfiriye mu nzu icumbitsemo Umupasiteri wo mu Karere ka Nyaruguru mu...

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

by radiotv10
21/06/2025
0

Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel yagiriye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa na mugenzi we Perezida wa Sena, Dr...

Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

by radiotv10
20/06/2025
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko guhera tariki 1 Nyakanga kugeza ku ya kane 04 Nyakanga 2025 ari iminsi...

The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

by radiotv10
20/06/2025
0

In today’s fast paced digital world, success is often measured by how busy you are, it is said that the...

IZIHERUKA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono
MU RWANDA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

by radiotv10
21/06/2025
0

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

21/06/2025
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

21/06/2025
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

20/06/2025
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

20/06/2025
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

20/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Hatangajwe ko abarenga miliyoni 100 ku Isi bavuye mu byabo bakaba impunzi, Congo igarukwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.