Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in Uncategorized
0
Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Antonio Guterres, UN High Commissioner for Refugees UNHCR at a Press Conference after 66th session of Excom. 9 October 2015. UN Photo / Jean-Marc Ferré

Share on FacebookShare on Twitter

Tariki ya 16 Nzeri buri mwaka Isi yose isabwa kuzirikana no kubungabunga akayunguruzo k’izuba (Ozone ) mu ndimi z’amahanga.

Hari abazobereye ibijyanye n’imihindagurikire ndetse no kubungabunga ibidukikije bavuga ko mu gihe aka kayunguruzo kangiritse ingaruka za mbere zigera ku kiremwa muntu ndete bikabangamira imihumekere yacyo.

Zimwe mu ngaruka bigira ku muntu harimo no kwandura indwara z’ubuhumekero, kwiyongera kw’igipimo cy’ubushyuhe ku isi n’ibindi bijyana nabyo.

Ariko kandi basobanura ko kwangirika kw’aka kayunguruzo bigirwamo uruhare n’ibikorwa bya muntu ahanini birimo nk’imyuka ituruka mu nganda n’ahamenwa imyanda hashobora  gutera ihumana ry’ikirere no gutwika imyanda hirya no hino irimo ibinyabutabire (Chemicals) bigenda bigahumanya ikirere.

By’umwihariko muri iki gihe isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19, umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye, António Guterres avuga ko mu gihe abatuye isi bakorera hamwe babungabunga akayunguruzo k’izuba no gukora ibikorwa mu buryo bitabangamira ikinyabuzima na kimwe gituye iyi si byaba ingira kamaro.

Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba.

Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yerekeye ibintu bihumanya akayunguruzo k’imirasire y’izuba yasinywe mu mwaka wa 1987.

Leta y’u Rwanda yafashe iya mbere mu gushishikariza abaturarwanda kwitabira gukoresha uburyo n’ibikoresho bitangiza akayunguruzo k’izuba guhera ku bicanwa, ibinyabiziga bidasohora imyotsi yangiza ibidukikije, bikajyana na gahunda ya car free day, aho byibura rimwe vg kabiri mu kwezi abagenda mu binyabiziga babihagarika bigafasha mu kurengera ibidukikije .

Si ibyo gusa kuko n’abacuruzi beretswe uburyo bakoresha ibyuma bikonjesha ariko ntibyangize ikirere.

Mu mwaka wa 2050 Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza Imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95%.

Byitezwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.

Inkuru ya:Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seventeen =

Previous Post

10 SPORTS: Itangishaka Ibrahim na Mitrović baravutse, Rayon Sports yatwaye igikombe…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

Related Posts

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.