Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi uvuga ko abasirikare b’u Burundi bari mu bo bahanganye mu mirwano ihanganishije uyu mutwe na FARDC, wagaragaje umwe muri abo basirikare, yivugira ko we na bagenzi be bavuye i Burundi bagiye muri misiyo yo guhangana na M23.

Kuva iyi mirwano yakubura, umutwe wa M23, wakunze kuvuga ko abasirikare b’u Burundi bari gukorana na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR ndetse n’abacancuro, mu gihe byari bizwi ko izi ngabo zagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ko nta ruhande zikwiye guhengamiraho.

Mu mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yatangaje ko yafashe intwaro nyinshi ndetse inafata mpiri abarwanyi benshi barimo abasirikare b’u Burundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 washyize hanze amashusho y’umwe muri aba basirikare b’u Burundi bafashwe n’uyu mutwe.

Muri aya mashusho, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Maj Willy Ngoma atangira yibutsa abantu ko bafashe intwaro nyinshi ndetse n’imfungwa z’intambara. Ati “Muri izi mfungwa z’intambara zirimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi.”

Uyu musirikare w’u Burundi wari wambaye impuzankano ya FARDC wabajijwe imyirondoro ye, mu magambo y’Ikirundi, yavuze ko yitwa Pemiere Classe Ndikumana, avuga na nimero ya gisirikare akoresha [83678 HR 27742].

Ati “Nakoreye imyitozo mu Ntara ya Makamba aho bita mu Mabanda muri 2018. Navukiye i Mwaro tariki 25 Werurwe 1993.”

Yavuze ko mu gisirikare cy’u Burundi abarizwa muri Batayo ya 412 muri Diviziyo ya 4 muri kompanyi ya kabiri iyoborwa na Kazimana, akaba abarizwa muri Peloto ya mbere ikuriwe n’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant.

Abajijwe igihe we na bagenzi be baviriye i Burundi, yasubije agira ati “Twavuye i Burundi tariki 19 kugeza ku ya 20 z’ukwa cyenda k’uyu mwaka nyine. Twavuye ku kibuga cy’Indege cya Bujumbura mu mwambaro wa Congo batubwira ko misiyo ari iyo kurwanya M23.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bageraga ku kibuga cy’indege cya Goma, bahise berecyeza mu kigo cya gisirikare, ubundi bavayo boherezwa ku rugamba.

Ati “Imirwano imaze gutangira duhita tubona ni M23, mu mirwano ni ho nafatiwe. Twari nk’abasirikare bagera muri Magana atatu, birumvikana hari n’abandi basanzwemo, urumva ntabwo twari tuzi umubare wabo.”

Avuga ko ubwo bavaga mu Burundi batajyanye intwaro zabo, ahubwo ko baziherewe muri Congo, ari na zo bakoresha muri iyi mirwano yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fifteen =

Previous Post

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Next Post

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.