Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi uvuga ko abasirikare b’u Burundi bari mu bo bahanganye mu mirwano ihanganishije uyu mutwe na FARDC, wagaragaje umwe muri abo basirikare, yivugira ko we na bagenzi be bavuye i Burundi bagiye muri misiyo yo guhangana na M23.

Kuva iyi mirwano yakubura, umutwe wa M23, wakunze kuvuga ko abasirikare b’u Burundi bari gukorana na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR ndetse n’abacancuro, mu gihe byari bizwi ko izi ngabo zagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ko nta ruhande zikwiye guhengamiraho.

Mu mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yatangaje ko yafashe intwaro nyinshi ndetse inafata mpiri abarwanyi benshi barimo abasirikare b’u Burundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 washyize hanze amashusho y’umwe muri aba basirikare b’u Burundi bafashwe n’uyu mutwe.

Muri aya mashusho, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Maj Willy Ngoma atangira yibutsa abantu ko bafashe intwaro nyinshi ndetse n’imfungwa z’intambara. Ati “Muri izi mfungwa z’intambara zirimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi.”

Uyu musirikare w’u Burundi wari wambaye impuzankano ya FARDC wabajijwe imyirondoro ye, mu magambo y’Ikirundi, yavuze ko yitwa Pemiere Classe Ndikumana, avuga na nimero ya gisirikare akoresha [83678 HR 27742].

Ati “Nakoreye imyitozo mu Ntara ya Makamba aho bita mu Mabanda muri 2018. Navukiye i Mwaro tariki 25 Werurwe 1993.”

Yavuze ko mu gisirikare cy’u Burundi abarizwa muri Batayo ya 412 muri Diviziyo ya 4 muri kompanyi ya kabiri iyoborwa na Kazimana, akaba abarizwa muri Peloto ya mbere ikuriwe n’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant.

Abajijwe igihe we na bagenzi be baviriye i Burundi, yasubije agira ati “Twavuye i Burundi tariki 19 kugeza ku ya 20 z’ukwa cyenda k’uyu mwaka nyine. Twavuye ku kibuga cy’Indege cya Bujumbura mu mwambaro wa Congo batubwira ko misiyo ari iyo kurwanya M23.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bageraga ku kibuga cy’indege cya Goma, bahise berecyeza mu kigo cya gisirikare, ubundi bavayo boherezwa ku rugamba.

Ati “Imirwano imaze gutangira duhita tubona ni M23, mu mirwano ni ho nafatiwe. Twari nk’abasirikare bagera muri Magana atatu, birumvikana hari n’abandi basanzwemo, urumva ntabwo twari tuzi umubare wabo.”

Avuga ko ubwo bavaga mu Burundi batajyanye intwaro zabo, ahubwo ko baziherewe muri Congo, ari na zo bakoresha muri iyi mirwano yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − two =

Previous Post

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Next Post

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.