Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in MU RWANDA
0
Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ishinzwe Iterambere rya Afurika ivuga ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gikomereye uyu Mugabane, ryakemurwa no gushyiraho inganda zatunganya ibyagurishwa hanze, bikavamo ubushobozi bwo gutunga Abanyafurika bakomeje kugarizwa n’inzara.

Umugabane wa Afurika, ubarwaho abaturage bagera muri miliyoni 283 buri mwaka bagendana ikibazo cy’inzara. Banki Nyafurika ishinzwe Iterambere ivuga ko ibi biterwa n’uko umubare w’abaturage muri Afurika n’inganda zikenera umusaruro w’ubuhinzi byiyongera.

Umuyobozi w’iyi Banki, Dr Akinwumi Akin Adesina avuga ko hari icyo Afurika ikwiye gukora kugira ngo irandure iki kibazo cy’inzara yugariza abaturage bayo.

Yagize ati “Afurika igomba guhagarika kohereza mu mahanga umusaruro w’ubuhinzi utongerewe agaciro. Tugomba kumenya ko uburyo bumwe bwo kwihuta mu nzira ijya mu bukene ari ukugurisha umusaruro udatunganyije.”

Yakomeje agira ati “Indi nzira yihuta ibuvamo [ubukene]; ni ukugurisha ibyongerewe ubwiza. Ni yo mpamvu hakenewe inganda zitunganya umusaruro w’ubuhinzi. Bizatuma twohereza imyenda aho kuba ipamba, tukohoreza ikawa itunganyije, amababi y’icyayi azoherezwa aseye neza, tuzohereza shokora ifunze neza ku isoko rya Afurika no hanze yayo.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi; ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; avuga ko umusaruro utangwa n’izo nganda, na wo ukwiye kwitabwaho, ku buryo uza ufite ireme n’ubuziranenge.

Ati “Ndatekereza uburyo tutashyiraho izi nganda gusa, ahubwo ndareba n’abakora muri izo nganda umusaruro batanga, ndabizi ko zimwe muri izo nganda zitanga umusaruro uri munsi y’ubushobozi bwazo, ni umukoro wacu nka Guverinoma gushaka uburyo zatanga umusaruro unarenze ubushobozi bwazo. Kimwe muri ibyo ni ukureba bimwe mu bitera icyo kibazo; birimo n’umusaruro.”

Richard Tusabe avuga kandi ko n’urwego rw’ubuhinzi rukwiye gutekerezwaho, ku buryo rufashwa kugira ngo umusaruro ubuvamo udakwiye kwangirika kuko hakiri ikigero kinini cyawo kicyangirika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eleven =

Previous Post

Burundi: Gen.Bunyoni wabaye PM uregwa ibirimo gushaka kwica Perezida yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Related Posts

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

by radiotv10
15/08/2025
0

When it comes to conversations about mental health, women’s struggles often receive more attention, but men’s mental health deserves equal...

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

by radiotv10
15/08/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Emmanuel Ugirashebuja yibukije abakorera Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ko mu itangwa ry’ubutabera ari bo bahura bwa mbere...

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

by radiotv10
15/08/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its reviewed interim financial results for the six months ended 30...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
15/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

IZIHERUKA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.