Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Thierry wari ukurikiranyweho gusambanya umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure, yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo 2023, rwanzuye ko Ishimwe Thierry adahamwa n’icyaha yari akurikiranyweho, rutegeka ko ahita arekurwa.

Titi Brown watawe muri yombi mu mpera za 2021, yari amaze iminsi aburana kuri iki cyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, yakunze kugihakana.

Titi Brown watawe muri yombi tariki 13 Ugushyingo 2021, yaburaga iminsi itatu ngo yuzuza imyaka ibiri afunze, aho yakekwagaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.

Mu maburanisha yagiye aba, Titi Brown yakunze guhakana icyaha yari akurikiranyweho, mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko hari ibimenyetso bushingiraho buvuga ko yakoze icyaha bwamushinjaga.

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba tariki 22 Nzeri 2023, ryasubitswe mu buryo butunguranye nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruvuze ko hari ibimenyetso bishya byagaragaye bigomba kuburanwaho.

Ikimenyetso kigizwe n’amashusho byavugwaga ko yafashwe tariki 14 Kanama 2023, Ubushinjacyaha bwavugaga ko yafashwe ubwo umukobwa wavugwagaho ko yasambanyijwe na Titi Brown bari kumwe mu ruganiriro iwe, ari na wo munsi yasambanyijwe.

Iki kimenyetso cyaburanyweho tariki 13 z’ukwezi gushize k’Ukwakira, uruhande rw’uregwa, rwari rwavuze ko ari igihimbano kandi ko kidafitanye isano n’ibyaburanwagaho.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwasomye icyemezo cyarwo uyu munsi ku wa Gatanu, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe bidafite ishingiro, ndetse ko n’ikirego cy’Ubushinjacyaha kidafite ishingiro, ndetse rutesha agaciro ku kirego cy’indishyi na cyo cyatanzwe mu iburanisha riheruka, rutegeka ko uregwa arekurwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fhjgff says:
    2 years ago

    Ubutabera burabonetse rwose!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

Imvune ya Rutahizamu wa Tottenham uyigoboka ahakomeye yayishyize mu ihurizo

Next Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.