Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

radiotv10by radiotv10
25/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM
Share on FacebookShare on Twitter

Suella Braverman uherutse kwirukanwa ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yongeye kunenga imbaraga nke za Guverinoma y’Igihugu cye mu guhangana n’ikibazo cy’abimukira bakomeje kwiyongera, aho mu myaka ibiri ishize, imibare yabo yageze kuri miliyoni 1,3.

Suella Braverman ni umwe mu bayoboye ibikorwa byo kwamagana itumbagita ry’imibare y’abimukira mu Bwongereza, biri gukorwa mu Bwongereza.

Uyu wahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu, wavuze ko “bikabije” nyuma y’uko bigaragaye ko mu myaka ibiri ishize, hinjiye abimukira babarirwa muri miliyoni 1,3.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu mu Bwongereza cy’ibarurishamibare, cyagaragaje ko habayeho impinduka ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka nyuma y’uko iki Gihugu kivuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuva muri 2021.

Itumbagira ry’imibare y’abimukira binjira mu Bwongereza no muri Wales yaturutse ku mibare y’abava hanze y’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bagiye biyongera kuva mu myaka y’ 1960.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Bwongereza, yashyizwe hanze muri iki cyumweru, igaragaza ko mu mwaka ushize hinjiye abimukira ibihumbi 745. Umubare ungana n’abatuye Umujyi wa Leeds wo mu majyaruguru y’u Bwongereza.

Umubare w’abaturage b’u Bwongereza na Wales, wamaze kurenga miliyoni 60 ku nshuro ya mbere nyuma y’izamuta ry’abaturage kuva mu 1961.

Braverman wari unafite inshingano zo guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nyuma y’uko yirukanywe muri Guverinoma, yahise anenga Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, amushinja imbaraga nke mu gushaka umuti w’iki kibazo.

Nyuma y’iyi mibare, Braverman yongeye kwibasira Rishi Sunak, avuga ko iyi uyu PM w’u Bwongereza, iyo amushyigikira, yari kubasha kubaka sisiteme ku mipaka yari guca intege abimukira binjira muri iki Gihugu, none ubu cyugarijwe n’ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Igitutu ku miturire, ubuzima, amashuri, ibibazo by’imishahara na gahunda zo guhuriza hamwe kw’abaturage, birajegajega. Kandi nta gihe tutabivuze. Birahagije birahagije.”

Yakomeje agira ati “Twatowe twizeza ko tuzagabanya ikigero cy’abimukira, aho bari kuri 229 000 muri 2019. Uyu munsi imibare irakomeza gutumbagira mu maso y’Abongereza batoye bazi ko hagiye kubaho igabanuka ry’abimukira mu buryo bwose bushoboka.”

Braverman avuga ko kuba u Bwongereza bwaravuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hari amahirwe byahaye iki Gihugu, ariko ko kitayabyaza umusaruro.

Ubwo yirukanwaga muri Guverinoma, Braverman yari yavuze ko ntako atagize asaba Minisitiri w’Intebe kuva mu Rukiko Nyaburayi ku Burenganzira bwa muntu, kuko byari gutuma gahunda u Bwongereza bwagiranye n’u Rwanda yo kohereza abimukira itagira ikiyikoma mu nkokora, ariko ko ngo yabyanze.

Iyo baruwa yasohoye mbere y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutanga icyemezo cyarwo cyatesheje agaciro uyu mugambi w’iki Gihugu n’u Rwanda, Braverman yari yabaye nk’uca amarenga ko uru rukiko n’ubundi ruzabitera utwatsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa

Next Post

Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Umukinnyi w’ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Volleyball: Umukinnyi w'ikipe ikomeye mu Rwanda wagaragaje imyitwarire yanenzwe yafatiwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.