Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda bwa mbere muri America yakiranywe urugwiro anacungirwa umutekano bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda bwa mbere muri America yakiranywe urugwiro anacungirwa umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Bruce Melodie wagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ibyishimo byo kuba yageze muri iki Gihugu amahoro, aho yagaragaye yakiranwa urugwiro rwinshi ku kibuga cy’indege.

Bruce Melodie wafashe rutemikirere ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, yavuze ko ari ubwa mbere agiye muri Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko yumva igihe cyari kigeze ngo ajyeyo kuko ari bwo afite ibikorwa bituma yerecyezayo.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda muri iki gihe, agiye muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho azaririmba mu bitaramo binyuranye birimo n’ibyo azahuriramo n’abahanzi b’ibirangirire ku Isi, nka Shaggy baherutse no gukorana indirimbo, Usher na Ludacris.

Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Bruce Melodie yagaragaje ageze muri iki Gihugu cya USA, aho ku Kibuga cy’indege yakirwa n’abarimo ureberera inyungu ze uzwi nka Coach Gael usanzwe aba muri iki Gihugu.

View this post on Instagram

A post shared by Bruce Melodie Igitangaza (@brucemelodie)

Muri aya mashusho kandi, Bruce Melodie agaragara yakirwa n’uwo bigaragara ko ashinzwe umutekano, umukingurira imodoka y’akataraboneka, ari na yo imukura ku kibuga cy’indege imwerecyeza aho acumbika.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe agiye kurira rutemikirere, yavuze ko ubu ari bwo agiye muri USA kuko ari bwo afite ibikorwa bifatika ajyanyeyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Uko byagendekeye abinjije mu Rwanda ibitemewe bakoresheje amayeri y’imodoka itwara abagenzi

Next Post

Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda

Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.