Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari undi munyeshuri wa Kaminuza i Huye wakuyemo inda

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari undi munyeshuri wa Kaminuza i Huye wakuyemo inda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bivuzwe ko muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, hari undi mukobwa wakuyemo inda akurikiye undi wayikuyemo mu minsi micye ishize, iyi kaminuza yabihakanye, isobanura icyatumye bikekwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, muri iri shami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye, habaye igikorwa mu nyubako izwi nka KOICA, cyatumye hakekwa ko hari undi mukobwa wakuyemo inda.

Ibyo bikorwa, birimo gusohora mu buryo butunguranye abanyeshuri b’abahungu barimo bigira muri iyi nyubako, ku mpamvu batasobanuriwe, bamara umwanya ntawemerewe kuhinjira, ubundi hakurikiraho igikorwa cyo kuhakora amasuku.

Ibi byatumye hakekwa ko hari undi mukobwa wakuyemo inda, nyuma y’iminsi micye hari undi uyikuyemo, wabikoze mu cyumweru gishize akajugunya uruhinja mu gakangara kamwe gashyirwamo imyanda mu macumbi y’abakobwa y’inzu izwi nka Benghazi.

Kuri iyi nshuro bwo, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwahakanye aya makuru yavugaga ko hari undi wakuyemo inda, buvuga ko ntawundi wakuyemo inda, bunasobanura ibyabaye.

Kabagambe Ignatius, Umuvugizi w’iyi Kaminuza yabwiye Ikinyamakuru Igihe ati “Yari arwaye mu nda gusa. Ni uko byari byavuzwe, nyuma basanga ari uburwayi bwo mu nda.”

Ni mu gihe bamwe mu bari ahabereye iki gikorwa, bo bavuga ko hari undi mukobwa wakuyemo inda, gusa bakavuga ko ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, babigize ubwiru cyane.

Umwe wavugaga ko byakozwe n’umwana w’umukobwa wakuyemo inda “akabiroha mu bwiherero. Njye nabonye amaraso ava imbere y’ubwiherero.”

Ubwo abanyeshuri b’abahungu basohorwaga muri iyo nyubako mu buryo bw’igitaraganya, hari umwe wahise ahamagara itangazamakuru, arisaba kuza kubikurikirana, gusa abanyamakuru bahageze, bose babanje kwimwa amakuru y’impamo y’ibyari bimaze kuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Perezida w’Ikipe yo mu Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibivugwamo miliyoni 160Frw

Next Post

Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.