Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

radiotv10by radiotv10
08/12/2023
in AMAHANGA
0
Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Bushinwa, hari impungenge ko icyorezo cya COVID cyigeze gushegesha Isi, gihereye muri iki Gihugu cyagaragayemo bwa mbere, cyakongera kugaruka. Menya icyatumye haduka iki kikango.

Ubu bwobwa buri mu Bashinwa, bwaje nyuma y’uko hongeye gukorwa ibikorwa byo gupima COVID ku bibuga cy’indege ndetse no ku bitaro, hanatangwa raporo z’iyi ndwara, ndetse na Minisiteri y’Uburezi ikaba yarongeye gutanga umuburo ku bigo by’amashuri mu Gihugu hose byakuyeho ingamba zo kwirinda ibicurane ndetse na COVID, isaba ibi bigo kuzigarura mu bihe by’impeshyi.

Nanone kandi hari amakuru ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Bushinwa ko application yo gukurikirana ubwandu bwa COVID, yongeye gukorerwa mu Ntara zimwe na zimwe, ndetse bamwe bakavuga ko itigeze ivaho na rimwe.

Ibi byatumye hari bamwe mu Bashinwa batangira gukeka ko iki cyorezo cya COVID cyigeze kuzahaza Isi, cyaba kigiye kugaruka, dore ko cyanatangiriye muri iki Gihugu mu mujyi wa Wuhan.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Weibo, mu mashusho yatanze ubutumwa agira ati “Ibikorwa nk’ibi bituma nongera guhangayika.”

Undi na we yanditse kuri Weibo ati “Hari ibihuha biri gukwirakwizwa ko app igenzura COVID yongeye gushyirwaho, ibi rero byatumye hari ukwikanga ko haba hagiye kongera kubaho guma mu rugo…Twizere ko izi mpungenge zitazaba impamo cyeretse mu gihe haza ikindi cyorezo.”

Undi na we yagize ati “Izi mpungege zigaragaza ubwoba ndetse n’agahinda k’ibihe byateye ihungabana benshi byabaye mu myaka itatu, ndetse n’urwango abantu bafitiye COVID.”

 

Umuburo w’inzego waturutse he?

Mu mezi macye ashize, ibitaro byo mu Bushinjwa, byagize ikibaso cy’izamuka ry’imibare y’abarwaye umusonga ndetse n’indwara zo mu myanya y’ubuhumekera zifata abana.

Ubuyobozi bwo mu Bushinwa bwavuze ko mu bihe by’ubukonge indwara nk’izi ziyongera ndetse na COVID. Iri zamuka ry’imibare y’izi ndwara mu Bushinwa, kandi ryanagenzuye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, aho inzego z’u Bushinwa zatanze amakuru kuri ryo.

Mu kwezi k’Ugushyingo, WHO yavuze ko u Bushinwa bwongereye ingufu mu kugenzura indwara ziterwa na Virus na Bacteria zifata imyanya y’ubuhumekero, kuva mu mezi yo hagati y’Ukwakira, ndetse ko izi ndwara ziyongera mu bihe by’imvura.

Izamuka riheruka ry’imibare ya COVID ryabaye muri Gicurasi, ahari hari ubwoko bwa XBB bwari buteye impungenge.

Inzobere z’ubuzima, zigendeye ku izamuka ry’imibare y’izi ndwara, zaboneye gutanga inama ko hakwiye gushyirwaho ingamba zikomeye kuko hashobora kwaduka ikindi cyorezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 11 =

Previous Post

Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo

Next Post

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.