Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali ihise ubona Umuyobozi mushya wari ukimara kwinjira muri Njyanama asimbura Rubingisa

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali ihise ubona Umuyobozi mushya wari ukimara kwinjira muri Njyanama asimbura Rubingisa
Share on FacebookShare on Twitter

Dusengiyumva Samuel warahiriye kwinjira muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yahise atorerwa kuba Umuyobozu w’uyu Mujyi, asimbura Pudence Rubingisa wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Ni nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, Dusengiyumva Samuel na Solange Ayanone barahiriye kujya muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, nyuma y’uko kuri uyu wa Kane bahawe izi nshingano na Perezida wa Repubulika.

Nyuma yo kurahirira izi nshingano, hahise hatorwa abayobozi bo kuzuza Komite Nyobozi yaburaga Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ndetse n’umwungirije, ugomba gusimbura Dr Merard Mpabwanamaguru na we wakuwe ku nshingano yari afite.

Dusengiyumva Samuel yatsinze amatora ku majwi 532, naho uwo bari bahanganye Rose Baguma we agira amajwi 99 mu gihe habonetse amajwi y’imfabusa arindwi.

Dusengiyumva Samuel usimbuye Pudence Rubingisa, yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, umwanya yari amazeho imyaka ine yuzuye, dore ko yahawe izi nshingano mu kwezi k’Ugushyingo 2019.

Samuel watorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, asanzwe ari inzobere mu mategeko afitemo impanyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Uyu mugabo wbaye Umunyamategeko wunganira abantu mu nkiko, aho yari umwe mu bagize Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, yakoze imirimo inyuranye irimo kuba yarayoboye Ishami rishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Pudence Rubingisa yasimbuye, na we yari amaze imyaka ine ari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, umwanya yatorewe na Njyanama y’uyu Mujyi muri Kanama 2019, asimbura Marie Chantal Rwakazina wari wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi.

Samuel Dusengiyumva uyu munsi yarahiriye kwinjira muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n’amategeko

Next Post

Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka

Ndacyariho nimundebe nafunze n’ikaruvati- Bwa mbere Past.Mpyisi yavuze ku wamubitse agihumeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.