Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique yari yarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, barashima inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuba zarabashije guhashya ibyihebe, ubu bakaba baryama bagasinzira ntacyo bikanga, bakavuga ko batifuza ko zahava.

Akarere ka Mocimboa da Praia n’Umujyi wa Palma muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, ni tumwe mu duce twari twarabaye indiri y’ibyihebe byakoraga ibikorwa bihungabanya umutekano, ndetse abaturage bari bahatuye bakaba bari barahunze.

Kuva aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiriye mu butumwa muri iki Gihugu guhashya ibi byihebe, ibintu byarahindutse, amahoro aragaruka, ndetse n’abaturage basubira mu byabo, ubu bari gukora ibikorwa bibateza imbere nk’uko byahoze.

Mu Karere ka Mocimboa da Praia gasanzwe gakora ku nyanja y’u Buhindi, hari harazahajwe n’ibyihebe byakoreshaga icyambu cya Mocimboa da Praia bigahungabanya umutekano w’abaturage, ariko ubu amahoro arahinda.

Abatuye muri aka Karere, bavuga ko nta bandi bakesha iri tuze n’amahoro uretse ingabo z’u Rwanda, bifuza ko zahaguma zikabarindira umutekano.

Umwe ati “Turaryama tugasinzira, turashima cyane ingabo z’u Rwanda, turatekanye ntitukibaho dufite imitima ihagaze. Twumvise ko inzego z’umutekano z’u Rwanda ngo ziragiye, natwe twese twagenda nta n’umwe wasigara hano.”

Mugenzi we na we yagize ati “Njye mbonye bahagurutse nanjye nahita mfata imodoka insubiza aho nari narahungiye. Turifuza ko inzego z’u Rwanda zaguma hano.”

Undi muturage w’umubyeyi uvuga ko atakiri kumwe n’abana be kuko batwawe n’ibyehebe, avuga ko nubwo ibi byago byababayeho, ariko babonye ko ku Isi hakiriho abantu bafite umutima mwiza wo gukunda abantu, bakurikije uko babonye inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ati “Turabashimira kandi Imana na yo yumve ko dushimira u Rwanda. Twe nta bana tukigira kuko ibyihebe byabatwaye, ariko nibura ubu turatekanye.”

 

Muri Palma na ho amashimwe ni yose

Umwe mu baturage bo muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko yari yarasenyewe inzu, ndetse bamwe mu bo mu muryango we baricwa, ariko ko aho ingabo z’u Rwanda zigiriye mu butumwa bwo kugarura amahoro muri aka gace, ubu umutekano wagarutse.

Ati “Ubu turashimira Leta yacu ko tumeze neza, ndetse hari n’abanyamahanga bashaka kuza hano kubera umutekano dufite. Ibintu bimeze neza, ni karibu muri Palma.”

Amasoko yarongeye arafungura, abacuruzi bashora imari ubu bari mu bikorwa bibaha amikoro yo kubaho no kwiteza imbere, ndetse n’indi mirimo irakorwa nta kwikanga ko hari ubakoma mu nkokora nk’uko byahoze.

Undi muturage ati “Turashimira Imana, ubu turarya tukaryama tugasinzira, turahinga, tugakora imirimo yose ntacyo twikanga.”

Nyuma y’uko umutekano ugarutse muri uyu mujyi wa Palma bigizwemo uruhare runini na RDF, bamwe mu baturage bari batuye mu bindi bice bakomeje kuwugana bajya kuwuturamo.

Umurundikazi Jacqueline Dusabimana na we ni umwe mu bagiye gushakira imibereho muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko ubuzima bumeze neza.

Ati “Ibintu hano birahendutse, abaturage ba hano nta kibazo bafite, abantu bose barabakira ntakibazo.”

ACP Charles Butera uyoboye Polisi y’u Rwanda muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko abaturage baho bakunda inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuko bahora bavuga ko ari zo bakesha kongera kubona umutekano.

Ati “Baradukunda. Iyo unyuze ku muntu akagupepera, burya ni ikimenyetso cy’uko akwizeye, icyo cyizere gituma mufatanya.”

ACP Butera avuga ko icyizere aba baturage bafitiye inzego z’umutekano z’u Rwanda, kizifasha mu kuzuza neza inshingano zazo, kuko baziha amakuru y’icyo babona gishobora guhungabanya umutekano, bigatuma zigikumira kitaraba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Next Post

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Related Posts

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

by radiotv10
05/11/2025
0

Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi. Kuri...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.