• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in MU RWANDA
0
Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Clare Akamanzi wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa RDB [aba ari mu bagize Guverinoma y’u Rwanda], wagizwe Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, avuga ko yabonye uburyo Siporo ishobora kuzanira amahirwe Abanyafurika no kubahindurira ubuzima, ku buryo yishimiye izi nshingano yahawe.

Ni inshingano zatangajwe kuri kuri uyu Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, mu itangazo ryashyizwe hanze na NBA, rivuga ko Clare Akamanzi azazitangira tariki 23 Mutarama umwaka utaha wa 2024.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze na NBA, rivuga ko Ishyirahamwe ry’uyu mukino, ryahaye Clare Akamanzi izi nshingano kubera ubunararibonye afite mu bijyanye n’imicungire n’imiyoborere mu by’ishoramari n’ubucuruzi.

Iri tangazo rigira riti “Muri izi nshingano, Clare Akamanzi azarushaho kugira uruhare mu guteza imbere ibikorwa bya NBA n’umukino wa Basketball ndetse no kwagura igikundiro cya Basketball muri Afurika.”

Clare Akamanzi na we yagize icyo avuga kuri izi nshingano, nk’uko bikubiye muri iri tangazo, aho yavuze ko yazishimiye kuko yamaze kubona ko Siporo ari business yahindurira ubuzima Abanyafurika.

Yagize ati “Nabonye uburyo siporo ishobora kugira uruhare runini mu bucuruzi, mu guhindurira ubuzima imiryango y’abantu n’imiryango migari muri Afurika, ndetse na NBA na BAL bikaba ari urugero rwiza.”

Yakomeje avuga ko NBA yagize uruhare rukomeye mu kuzamura umukino wa Basketball muri Afurika ndetse n’iterambere ry’ubukungu bwawo. Ati “Rero nishimiye aya mahirwe nahawe yo kubakira kuri ibyo byiza.”

Clare Akamanzi yahawe izi nshingano nyuma y’amezi atatu akuwe ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RDB, yasimbujweho Francis Gatare mu mpera za Nzeri uyu mwaka.

Ahawe izi nshingano ku rwego mpuzamahanga nyuma y’abandi Banyarwandakazi bazihawe muri uyu mwaka na bo bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda, nka Dr Mukeshimana Geraldine wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, muri Kanama akaba yaragizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi cya IFAD.

Hari kandi Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, aho we muri Nzeri yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango Mpuzamahanga wita ku murimo (International Labor Organisation).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − two =

Previous Post

Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo

Next Post

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk'umujinya w’umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.