• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bivuzwe ko hari abacuruzi b’imyaka bo mu Karere ka Muhanga basabwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, kujya batanga nimero y’icyangombwa cy’ubutaka bwahinzweho imyaka barangura, iki kigo cyavuze ko aya mabwiriza atigeze abaho.

Ikinyamakuru TV1 giherutse gutambukije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zacyo, buvuga iby’iki kibazo cyavugwaga n’abacuruzi b’imyaka bo mu Karere ka Muhanga.

Ubu butumwa bwavugaga ko aba bacuruzi “binubira abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA muri ako karere bategetse abayirangura kujya batanga nomero y’icyangombwa cy’ubutaka iyo myaka isaruwemo mbere yo kuyigurisha.”

Mu gusubiza ubu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro RRA, cyavuze ko “aya mabwiriza avugwa muri iyi nkuru ntiyabayeho.”

RRA yakomeje igira iti “Icyakora muri Werurwe 2021, abakusanya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi bagamije kuwucuruza kandi amafaranga bawutanzeho bazakenera kuyakura mu musaruro usoreshwa koperative, inganda, abacuruzi b’imyaka cyangwa amatungo, hoteli na resitora, bagaragaje impungenge zo kubura inyemezabuguzi za EBM zabafasha kubona ibyatunze umwuga byemewe.”

Iki Kigo gikomeza kivuga ko “mu rwego rwo gukemura icyo kibazo, RRA yemereye abo bacuruzi kujya bandika mu gitabo imyirondoro y’umuhinzi cyangwa umworozi wabagemuriye umusaruro we, kugira ngo ibyanditswe muri icyo gitabo bizabafashe kumenya ingano y’ibyatunze umwuga bivanwa mu musaruro usoreshwa ndetse na RRA ibyifashishe mu gihe cy’igenzura bibaye ngombwa.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. ndungutse says:
    2 years ago

    Bitewe nuko abarangura imyaka akenshi bayirangura ku ma cooperative byaba byiza cooperative arizo zifashe umwirondoro w’umuhinzi,ahokuba umucuruzi,ahubwo ikibazo kikaza kubona umwirondoro w’umuhinzi ujyana umusaruro we mumasoko ariko cg amatungo mumasoko

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + twelve =

Previous Post

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya

Next Post

IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

IFOTO: Karegeya washinze 'Ibere rya Bigowe' yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.