Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
06/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’abana batatu  utuye mu Kagari ka Nyabivumu mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, amaze umwaka aba mu nzu isakaje amashami y’ibiti nyamara yaremerewe guhabwa isakaro, agategereza amaso agahera mu kirere, akaba anafite ubumuga.

Muhawenimana Marie Ladegonda w’imyaka 30 atuye mu Mudugudu wa Dusego, mu Kagari ka Nyabivumu, avuga ko yapfushije umugabo akamusigira abana babiri n’inda, ariko aho amariye kubyara umwana wa gatatu, akaba yaragize ubumuga.

Uyu mubyeyi uvuga ko ahora kwa muganga kubera ubu bumuga, avuga ko nta cumbi yagiraga, ariko ko nyuma haje kuzaho gahunda yo gusaba abatishoboye kuzamura inzu ubundi bagahabwa isakaro.

Yagize ati “Ndayizamura nsakaza agashitingi ndetse n’amababi y’ibiti ntegereje ko bampa isakaro ndaheba. None kuri ubu jye n’abana banjye turanyagirwa.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko aramutse ahawe isakaro akabona aho kuba atanyagirwa atanicwa n’izuba, yagerageza kubaho mu buzima bugoye nubwo afite uburwayi.

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, bavuga ko na bo batewe impungenge n’imibereho ye, by’umwihariko bakavuga ko akeneye kubona icumbi ryatuma abaho neza.

Mukamakuza Annociate yagize ati “Abayeho mu buzima budashimishije, iyo imvura iguye usanga iwe huzuye.”

Yabaragiye Mariette na we uturanye na Muhawenimana na we yagize ati “Abayeho mu nzu y’ibiti bishinze ihomye hasi gusa ikaba isakaje supaneti n’agashitingi, rwose haramutse hari ubufasha buhari yafashwa bagahera ku nzu yo kubamo.”

Umuyobowi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Uwamariya Agnes yavuze ko iki kibazo kitari cyizwi n’ubuyobozi.

Yagize ati “Ikibazo ni bwo tukikimenya ntabwo twari tukizi, ariko nk’ubuyobozi tugiye guhanahana amakuru tugikurikirane.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 5 =

Previous Post

Byemejwe ko rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa wari ufunze ubu yatashye

Next Post

Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.