Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
1
Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko rumwe mu rubyiruko rwanga kwiga kuko hari bagenzi babo barangije amashuri bakabura akazi, ikavuga ko hari ikiri gutekerezwa nk’umuti w’iki kibazo.

Mu gihe hari gukorwa ibikorwa binyuranye byo kwitegura umunsi w’Intwari, urubyiruko runyuranye ruri guhabwa inyigisho zo gukora ibikorwa by’ubutwari birimo n’ibyaruteza imbere bikanateza imbere Igihugu cyarwibarutse.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko bitoroshye kuko no kwihangira imirimo bahora basabwa, na byo bibasaba igishoro batapfa kwigongera.

Ni mu gihe Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ivuga ko nanone muri uko kwihangira imirimo, bishingira ku masomo baba barahawe mu mashuri, ariko hakaba hari imbogamizi za bamwe bari kwanga kwiga.

Imwe mu mpamvu itangwa na rumwe mu rubyiruko rwanze kwiga, ni uko hari bagenzi babo barangije amashuri ariko bakirirwa bababona barabuze ibyo bakora.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Abdallah Jean Nepo Utumatwishima avuga ko hari gushakwa umuti w’iki kibazo, ukazahera mu masomo atangirwa mu mashuri y’ibanze.

Yagize ati “Ubu turimo kuganira na Minisiteri y’Uburezi ngo isomo ryitwa ‘entrepreneurship’ riba mu mashuri yisumbuye, ribe isomo ryo kwiga umurimo. Urugero niba muri mu Majyaruguru nka Musanze bahinga ibirayi; tuzi neza ko abaturage baho bakeneye urubyiruko rubafasha gutubura imbuto y’ibirayi.”

Nubwo bamwe mu rubyiruko banga ishuri; ngo hari n’abahabwa akazi ariko bakabura ubunyangamugayo ku kazi, nk’uko bitangazwa na bamwe muri ba rwiyemezamirimo.

Umwe ati “Ni byo koko ikibazo cy’umurimo mu rubyiruko kirahari, turakibona. Urubyiruko nta kazi bafite koko, ariko mu kazi kacu abakozi barabuze. Urubyiruko rurangiza kwiga uramuzana mu bucuruzi bwanjye; ukwezi kwa mbere akanyiba. Urubyiruko rwanyu murwigishe indangagaciro ku murimo n’ubunyangamugayo ku mafaranga.”

Bamwe mu rubyiruko na bo bemera ko izi ngeso mbi bavugwaho zigaragara kuri bamwe, ariko ko iyo myitwarire bayiterwa no gushaka gukira vuba.

Umwe ati “Iyo tugiye kwaka akazi badusaba uburambe, tukibaza aho twabukura kandi n’amashuri badusaba twarayize, ariko hari ikintu yavuze ko tugomba gukomeza kwiga kubera ko n’iyi Si ari ishuri.”

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko mu buryo bwo gufasha urubyiruko gutungwa n’ubumenyi bafite; bemeranyije n’inzego zitandukanye ko imirimo mishya yose izajya ivuka igomba gushyira imbere urubyiruko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claude Mivumbi says:
    2 years ago

    Hari nabize iryo Somo muri za kaminuza Kandi bakigaramye Aho ngaho , ikibazo cy’akazi kirimo guhera kumirimo ihangwa n’igihugu abayigenzura bakabikorana umwete muke Kandi bakabikora bavugako bafite ibishoro ugasanga barimo kwerekana za bank statement ziriho cash ariko mubyukuri ayo mafaranga Atari destine kuriyo project izaba launching.
    Leta ikagira byabintu Koko biratanga akazi Kandi atariko biri.
    Nibanze igenzure iki kintu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 2 =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Next Post

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.