Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
1
Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko rumwe mu rubyiruko rwanga kwiga kuko hari bagenzi babo barangije amashuri bakabura akazi, ikavuga ko hari ikiri gutekerezwa nk’umuti w’iki kibazo.

Mu gihe hari gukorwa ibikorwa binyuranye byo kwitegura umunsi w’Intwari, urubyiruko runyuranye ruri guhabwa inyigisho zo gukora ibikorwa by’ubutwari birimo n’ibyaruteza imbere bikanateza imbere Igihugu cyarwibarutse.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko bitoroshye kuko no kwihangira imirimo bahora basabwa, na byo bibasaba igishoro batapfa kwigongera.

Ni mu gihe Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ivuga ko nanone muri uko kwihangira imirimo, bishingira ku masomo baba barahawe mu mashuri, ariko hakaba hari imbogamizi za bamwe bari kwanga kwiga.

Imwe mu mpamvu itangwa na rumwe mu rubyiruko rwanze kwiga, ni uko hari bagenzi babo barangije amashuri ariko bakirirwa bababona barabuze ibyo bakora.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Abdallah Jean Nepo Utumatwishima avuga ko hari gushakwa umuti w’iki kibazo, ukazahera mu masomo atangirwa mu mashuri y’ibanze.

Yagize ati “Ubu turimo kuganira na Minisiteri y’Uburezi ngo isomo ryitwa ‘entrepreneurship’ riba mu mashuri yisumbuye, ribe isomo ryo kwiga umurimo. Urugero niba muri mu Majyaruguru nka Musanze bahinga ibirayi; tuzi neza ko abaturage baho bakeneye urubyiruko rubafasha gutubura imbuto y’ibirayi.”

Nubwo bamwe mu rubyiruko banga ishuri; ngo hari n’abahabwa akazi ariko bakabura ubunyangamugayo ku kazi, nk’uko bitangazwa na bamwe muri ba rwiyemezamirimo.

Umwe ati “Ni byo koko ikibazo cy’umurimo mu rubyiruko kirahari, turakibona. Urubyiruko nta kazi bafite koko, ariko mu kazi kacu abakozi barabuze. Urubyiruko rurangiza kwiga uramuzana mu bucuruzi bwanjye; ukwezi kwa mbere akanyiba. Urubyiruko rwanyu murwigishe indangagaciro ku murimo n’ubunyangamugayo ku mafaranga.”

Bamwe mu rubyiruko na bo bemera ko izi ngeso mbi bavugwaho zigaragara kuri bamwe, ariko ko iyo myitwarire bayiterwa no gushaka gukira vuba.

Umwe ati “Iyo tugiye kwaka akazi badusaba uburambe, tukibaza aho twabukura kandi n’amashuri badusaba twarayize, ariko hari ikintu yavuze ko tugomba gukomeza kwiga kubera ko n’iyi Si ari ishuri.”

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko mu buryo bwo gufasha urubyiruko gutungwa n’ubumenyi bafite; bemeranyije n’inzego zitandukanye ko imirimo mishya yose izajya ivuka igomba gushyira imbere urubyiruko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claude Mivumbi says:
    2 years ago

    Hari nabize iryo Somo muri za kaminuza Kandi bakigaramye Aho ngaho , ikibazo cy’akazi kirimo guhera kumirimo ihangwa n’igihugu abayigenzura bakabikorana umwete muke Kandi bakabikora bavugako bafite ibishoro ugasanga barimo kwerekana za bank statement ziriho cash ariko mubyukuri ayo mafaranga Atari destine kuriyo project izaba launching.
    Leta ikagira byabintu Koko biratanga akazi Kandi atariko biri.
    Nibanze igenzure iki kintu.

    Reply

Leave a Reply to Claude Mivumbi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twelve =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Next Post

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

by radiotv10
16/04/2026
0

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.