Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye ibiribwa by’abanyeshuri, akabigurisha, bukavuga ko budashobora kwihanganira “abantu b’akaboko karerekare.”

Uyu muyobozi wirukanywe, ni uw’ishuri ribanza rya Rubira II, ukekwaho kuba yaragurishije ibilo 460 by’ibiribwa by’abanyeshuri byari byasagutse mu gihembwe cya kabiri, byagombaga guherwaho mu cya gatatu.

Iyirukanwa ry’uyu muyobozi, ryemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry wavuze ko uriya diregiteri w’ishuri yagurishije ibyo biribwa kugira ngo azakomereze ku bizazanwa ubwo abanyeshuri bazaba basubukuye amasomo.

Uyu muyobozi avuga ko ubusanzwe ibigo by’amashuri bigenerwa ingano y’ibiribwa, hashingiwe ku mubare w’abanyeshuri, ku buryo no kuba biriya byari byasagutse, bishobora kuba ari ikibazo.

Ati “No kuba yarabisaguye abana bajya mu kiruhuko bishoboka ko yanabikorera ubwende akagaburira abana bike kugira ngo azasagure.”

Avuga ko iyo bibaye ngombwa hakagira ibisaguka, bibikwa bikazakoreshwa mu gihembwe gikurikira icyo byasagutsemo.

Ati “Kuba rero uyu muyobozi atinyuka kubigurisha twahise tumuhagarika ku kazi mu gihe izindi nzego na zo zikurikirana iki kibazo.”

Kakooza Henry atangaza ko kwirukana uyu muyobozi ari icyemezo kiba ari ngombwa, kuko umuntu w’umurezi wakoze ibintu nka biriya, adashobora kwihanganirwa.

Ati “Ntabwo ubuyobozi bwakwihanganira abantu b’akaboko karerekare. Niba uhawe gucunga umutungo w’ikigo ukwiye kurangwa n’ubunyangamugayo.”

Umuyobozi w’Akarere yaboneyeho kugira inama abandi bayobozi byumwihariko ababa bari mu burezi, kuba intangarugero, bakagendera ikintu cyose gitanga urugero rubi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Next Post

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Related Posts

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

by radiotv10
15/04/2026
0

Itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defence University-Rwanda/NDU-R), riteganya ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u...

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Breaking News: Charges Announced Against Eric Semuhungu

by radiotv10
15/04/2026
0

The Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that Eric Semuhungu, who was recently arrested, is being investigated for three crimes,...

IZIHERUKA

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo
AMAHANGA

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.