Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 washyizeho amabwiriza agomba kugenderwaho mu bice ugenzura arimo amasaha ibikorwa bigomba kuba byafungiweho, nyuma y’uko ukomeje kotswa igitutu mu bitero by’indege birimo ibyahitanye abakomando bawo babiri.

Ni amabwiriza yatanzwe n’uyu mutwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ry’uyu mutwe.

Iri tangazo ryaturutse mu Bunyamabanga Nshingwabikorwa bwa M23, rivuga ko aya mabwiriza agamije kubungabunga amahoro n’umutetakano by’abaturage bo mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe ndetse no kubarindira ibyabo.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ingendo zose n’ibikorwa byose by’ubukungu ndetse n’amateraniro y’amasengesho: Imodoka zitwara abagenzi na moto, ibikorwa by’ubwikorezi, utubari, butike, amasoko, insengero ndetse n’ibindi, bigomba kujya bihagarara saa 18H30 z’umugoroba byongere bifungure saa 6h00 za mu gitondo mu bice byose bigenzurwa na M23 kugeza igihe hazatangirwa andi mabwiriza.”

Uyu mutwe wa M23 ushyizeho izi ngamba nyuma y’uko muri iki cyumweru gishize, wahuye n’ibibazo byinshi mu rugamba uhanganyemo na FARDC nyuma y’uko iki gisirikare cya Leta gifatanyije n’ingabo za SADC bagabye ibitero by’indege byawushegeshe.

Muri ibi bitero, umutwe wa M23 watakarijemo abarwanyi bawo benshi by’umwihariko abakomando babiri, barimo Colonel Castro Elise Mberabagabo wari ushinzwe ubutasi bw’uyu mutwe.

Urupfu rw’aba bari bafite imyanya yo hejuru muri M23, rwashenguye uyu mutwe, nk’uko wabigaragaje mu itangazo washyize hanze ku ya 17 Mutarama uvuga ko baguye mu bitero byo ku ya 16 Mutarama.

Uyu mutwe wavuze ko iki gikorwa cyo kwica abakomando bawo cyabaye nk’ubutumwa ubutegetsi bwa DRC bwawuhaye, kandi ko na wo uzihorera uko bikwiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri

Next Post

Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Related Posts

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

by radiotv10
11/07/2025
0

Abacamanza babarirwa hejuru y’ijana bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigabije imihanda bajya kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri ishinzwe Imari...

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.