Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, Julius Malema yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu kuwa kane kubera kurasa imbunda mu kirere mu myigaragambyo, nk’uko byatangajwe rw’umucamanza.

Malema, w’imyaka 45, ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Afurika y’Epfo, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Umwaka ushize yahamijwe ibyaha bitanu birimo gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko no kurashisha intwaro ahantu hahurira abantu benshi, kubera ibyabaye muri 2018 kuri sitade mu Ntara y’Iburasirazuba ya Cape.

Abanyamategeko ba Malema basabye uburenganzira bwo kujuririra icyemezo cy’umucamanza mu minota mike nyuma yuko gisomwe mu rukiko rwo mu Mujyi wa KuGompo, ahahoze ari East London.

Iki gihano, nikiremezwa nyuma y’ubujurire bwose, kizabuza Malema kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, amazemo igihe kinini.

Ibi byaba ari ikibazo gikomeye ku ishyaka rya ⁠Malema  rya Economic Freedom Fighters (EFF), rishyigikiwe cyane n’urubyiruko rwo muri Afurika y’Epfo rwababajwe n’ubusumbane bushingiye ku moko bwakomeje kubaho kuva ubutegetsi bw’abazungu mu 1994 burangiye.

EFF ni ishyaka rya kane rikomeye mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo. Malema yari yahakanye ibyaha byose aregwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Related Posts

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yayoboye imyitozo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo kubigisha kurasa, na we agaragaza ubuhanga bwe,...

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

by radiotv10
16/04/2026
0

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

During ongoing talks in Switzerland, the AFC/M23 coalition and the Government of the Democratic Republic of Congo have signed an...

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

by radiotv10
15/04/2026
0

Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira...

IZIHERUKA

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo
AMAHANGA

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

by radiotv10
16/04/2026
0

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

16/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.