Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, Julius Malema yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu kuwa kane kubera kurasa imbunda mu kirere mu myigaragambyo, nk’uko byatangajwe rw’umucamanza.
Malema, w’imyaka 45, ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Afurika y’Epfo, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.
Umwaka ushize yahamijwe ibyaha bitanu birimo gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko no kurashisha intwaro ahantu hahurira abantu benshi, kubera ibyabaye muri 2018 kuri sitade mu Ntara y’Iburasirazuba ya Cape.
Abanyamategeko ba Malema basabye uburenganzira bwo kujuririra icyemezo cy’umucamanza mu minota mike nyuma yuko gisomwe mu rukiko rwo mu Mujyi wa KuGompo, ahahoze ari East London.
Iki gihano, nikiremezwa nyuma y’ubujurire bwose, kizabuza Malema kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, amazemo igihe kinini.
Ibi byaba ari ikibazo gikomeye ku ishyaka rya Malema rya Economic Freedom Fighters (EFF), rishyigikiwe cyane n’urubyiruko rwo muri Afurika y’Epfo rwababajwe n’ubusumbane bushingiye ku moko bwakomeje kubaho kuva ubutegetsi bw’abazungu mu 1994 burangiye.
EFF ni ishyaka rya kane rikomeye mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo. Malema yari yahakanye ibyaha byose aregwa.
RADIOTV10









