Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye rya ESPANYA mu Karere ka Nyanza apfuye bitunguranye nyuma y’uko atatse kubabara umutwe yari ahuriyeho n’abandi 20, ubuyobozi bw’ishuri n’ubw’Akarere, bwagize icyo bubivugaho.

Uyu munyeshuri w’umukobwa witwa Umuraza Germaine witabye Imana ku myaka 19 y’amavuko, yigaga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’iburaramari.

Yafashwe ataka umutwe ku wa Kane tariki 18 Mutarama 2024, ahabwa imiti n’umuganga usanzwe akurikirana abanyeshuri muri iri shuri, ndetse yitabira igikorwa cyo gusubiramo amasomo nk’abandi.

Gusa mu ijoro ryo kuri uwo munsi, yarushijeho kuremba, ahita ajyanwa ku Bitaro bya Nyanza, ari na bwo yahise yitaba Imana mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu.

Nubwo yitabye Imana atarakorerwa isuzuma ngo hamenyekane uburwayi yari afite, ariko uko gutaka umutwe yari abihuriyeho n’abandi banyeshuri 20 bo muri iri shuri, batakaga umutwe n’ibicurane.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri rya ESPANYA-Nyanza yavuze ko nta burangare bwabaye kuri uyu mwana ku buryo hari abavuga ko ari bwo yazize, kuko na we yatakaga ubwo burwayi bwavugwaga n’abandi bagenzi be.

Yagize ati “Ntabwo twamenya niba uwapfuye yarazize ibyo bicurane, ntabwo yakorewe isuzuma kuko ababyeyi be bemeye kumushyingura batiriwe bakoresha ibizamini, kuko basanze ari urupfu rusanzwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na we yashimangiye ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iri shuri, ko nyakwigendera atarangaranywe, kuko yanaguye kwa muganga nyuma yo kujyanwayo n’umuganga w’ishuri.

Uyu muyobozi w’Akarere wihanganisha umuryango wa nyakwigendera n’abanyeshuri biganaga, yavuze ko kuba umwana atarakorewe ibizamini byo gucukumbura icyamuhitanye, ari umwanzuro w’umuryango we.

Ati “Gukora ibizamini byimbitse bisabwa n’abagize umuryango, niba batabyifuje kuko basanze yazize urupfu rutunguranye ntakibazo biteye.”

Bamwe mu bana batakaga uburwayi nk’ubwahitanye mugenzi wabo, bacyuwe n’ababyeyi babo ngo babiteho, mu gihe hari n’abandi bana 20 bagize ikibazo cy’ihungabana kubera urupfu rwa mugenzi wabo.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri, yagize ati “amaze kuduca mu myanya y’intoki, begenzi be bagize ubwoba barahungabana ndetse abagera kuri makumyabiri bajyanwa kwa muganga.”

Ubu burwayi bw’ibicurane butakwa n’aba banyeshuri, bwanavuzwe mu Rwugene rw’Amashuri (GS) Indangaburezi mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka ka Nyanza, aho abana 70 mu Indangaburezi baherutse kujya kwivuza iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 3 =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo

Next Post

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Related Posts

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

IZIHERUKA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC
MU RWANDA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.