Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku magambo ‘gashozantambara’ Perezida Ndayishimiye yavugiye muri Congo

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku magambo ‘gashozantambara’ Perezida Ndayishimiye yavugiye muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye amagambo rutwitsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavugiye i Kinshasa, ivuga ko ahabanye n’inzira yo kwimakaza ubunyafurika, kandi ko atari akwiye kuvugwa n’umuntu uri mu mwanya nk’uwo arimo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko “yababajwe n’amagambo rutwitsi kandi atari aya kinyafurika ya Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimoye yavugiye mu gikorwa cyabereye i Kinshasa tariki 21 Mutarama 2024.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko nka Perezida Ndayishimiye uri mu mwanya wo kureberera inyungu z’urubyiruko, amahoro n’umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, atari akwiye “gushinja u Rwanda ibirego bidafite ishingiro kandi bikongeza urwango rw’amacakubiri mu Banyarwanda ndetse bihungabanya amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “Abanyarwanda bakomeje gukorana umwete mu kunga ubumwe no guhamya iterambere ry’Igihugu. Urubyiruko rw’u Rwanda rwabyaje umusaruro aya mahirwe, kandi rukomeje kugira uruhare runatanga umusanzu mu kubaka ahazaza heza.”

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko “uwo ari we wese ugerageza gutesha agaciro iyi ntambwe yagezweho asaba urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi bwarwo, ari mu kaga. Ariko ku muyobozi w’Igihugu cy’igituranyi we ubikora, mu mutaka wa Afurika Yunze Ubumwe, ni ukunyuranya n’inshingano gukomeye kandi ni no kunyuranya n’icyerekezo rya Afurika Yunze Ubumwe.”

U Rwanda rwasoje ruvuga ko rudafite inyungu na nke mu kuba rwagirana amakimbirane n’abaturanyi, kandi ko ruzakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa barwo yaba abo mu karere ndetse no hanze yako mu gukomeza kubumbatira ituze no kubaka iterambere.

Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, yayavuze ku Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, ubwo yatanga ikiganiro imbere y’urubyiruko rurenga 500 rwari ruteraniye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ndayishimiye yavuze ko abaturage bo mu karere babanye neza, ngo ariko ikibazo kiri kuri bamwe mu bayobozi babi, ari na ho yahereye avuga ko n’Abanyarwanda bakeneye kubohorwa.

Icyo gihe yagize ati “Ndibaza ko urubyiruko rw’u Rwanda na rwo rudashobora kwihanganira gukomeza kuba imfungwa mu karere.”

Ni amagambo yumvikanamo ko uyu muyobozi yifuza ko ubuyobozi buriho mu Rwanda buvaho, mu gihe bubera intangarugero Ibihugu byinshi ku Isi, kubera kwimakaza ubumwe, iterambere ridaheza ndetse rukora ibishoboka byose kugira ngo abatuye u Rwanda barusheho kubaho neza.

Iyi mvugo ya Ndayishimiye ije ikurikira ibirego aherutse kuvuga ku Rwanda ko rufasha umutwe wa RED-Tabara uherutse kugaba igitero mu Gihugu cye, ukica abagera muri 20, nyamara u Rwanda rwamaganiye kure ibi birego ruvuga ko ntaho ruhuriye n’uwo ari we wese urwanya ubutegetsi bw’u Burundi.

Aya magambo akurikiye kandi icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda no kwirukana Abanyarwanda bariyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Amagare: Menya abegukanye irushanwa ritegura Umunsi w’Intwari ‘Heroes Cycling Cup 2024’

Next Post

Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.