Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko imwe mu ndege zitagira abapilote z’igisirikare cya Congo, zimaze iminsi ziyirasaho, wayihanuye, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

Byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024.

Kanyuka yatangiye avuga ko aho bigeze bigaragara ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bwamaze gutsiratsiza ko butifuza kugirana ibiganiro na M23 nyamara bitarahwemye gusabwa n’abayobozi n’abafatanyabikorwa yaba abo mu karere na mpuzamahanga, ariko yahisemo inzira y’intambara.”

Yakomeje avuga ko Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, mu gushyira mu bikorwa umugambi we, yatumije indege z’intambara eshatu zitagira abapilote yizeye ko agiye gutsinsura umutwe wa M23, “ariko ikibabaje ni uko izo ndege zikomeje kwica inzirakarengane z’abasivile.”

Uyu mutwe wa M23 wakomeje uvuga ko wahanuye imwe muri drones eshatu za FARDC zari zimaze iminsi ziri kurasa ku barwanyi b’uyu mutwe no ku baturage, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

M23 ikomeza ivuga ko FARDC n’abo bafatanyije muri uru rugamba, barimo FDLR, abacancuro, Igisirikare cy’u Burundi ndetse n’ingabo za SADC, “bakomeje gutsindwa ku rugamba.”

M23 kandi yaboneyeho kuvuga ko indege z’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ari zo zijya gufata amakuru y’ahari ibirindiro bya M23, zikajya kuyaha FARDC.

Kanyuka ati “Iyi myitwarire ntikwiye kandi yangiza isura y’ingabo za LONI kuko izishyira mu bicanyi bivugana abaturage b’abasivile.”

Umutwe wa M23 uherutse gutakaza abakomando bawo babiri barimo Colonel Castro Elise Mberabagabo wari ushinzwe ubutasi, wari uherutse kuvuga ko uzihorera mu buryo bukwiye.

M23 yagaragaje bimwe mu bice by’iyo ndege yahanuwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 6 =

Previous Post

U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda

Next Post

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.