Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, avuga ko icyizere ubuyobozi bw’u Rwanda bugirira urubyiruko kidasanzwe, yitangaho urugero kuba yaragizwe Minisitiri atarigeze yumva ko byashoboka.

Minisitiri Utumatwishima yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yabazwaga igihe yaba yaratangiye kugirira inzozi zo kuzaba Minisitiri.

Dr. Utumatwishima uvuga ko yakuriye mu muryango woroheje, akaba mu buzima buciriritse mu cyaro, yavuze ko ubwo we yari umwana muto mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ibibazo byinshi, ku buryo abantu babonaga ejo habo hadahari.

Ati “Ikintu cyonyine umuntu yashoboraga kuba yagiramo inzozi zo kurota, ni ukuba mwabyuka mugasanga mu rugo ntimwahunze, kuko twahoraga mu ngendo, abantu bahoraga bahunga. Icya kabiri, wagira umugisha mukaba mutahunze, mukaba mwabona icyo kurya, nibura mwagira amahirwe mukaba mwarya nka rimwe ku munsi.”

Avuga ko muri icyo gihe kuri we atigeze atekereza ko yaziga akagera mu mashuri yisumbuye, kuko hari ibice abantu batari bemerewe kwiga.

Ati “Ikindi bavugaga ko umurimo ari uguhinga, ibindi ari amahirwe. N’ubundi umurimo usanzwe ari uguhinga ntakibazo, ariko bavugaga ko abantu ikigomba kubatunga ari uguhinga ubundi bagategereza amahirwe, cyereka iwanyu hari umutegetsi, cyangwa iwanyu ari abakire, uwo mu Majyaruguru.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo ube uri umwana wo mu bakene, uzarote wakomeye, ni inzozi z’umwijima, bakujyana no kwa muganga.”

Avuga ko nyuma ya Jenoside, aho Umuryango RPF-Inkotanyi ubohoreye u Rwanda, ugatangira kubaka Igihugu uhereye ku busa, ari bwo abantu batangiye kubona ko ubuzima bushoboka, abana bose bakajya mu ishuri.

Kuri we ubwo yasozaga amashuri yisumbuye, akabona n’amahirwe yo gukomeza muri Kaminuza ari bwo yatangiye kugira ibyo arota ko byashoboka.

Ati “Abantu inzozi zatangiye gutangira, ariko nubwo wazigira, ntabwo wagira izo kuba Minisitiri, ndacyagerageza kureba igihe nazigiriye nkakibura.”

Yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi akuriye, bugirira icyizere abantu bose by’umwihariko urubyiruko.

Perezida Kagama na Madamu ku munsi wa kabiri w’Umushyikirano kuri uyu wa Gatatu
Abatanze ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

Israel& Hamas: Umunsi w’ 110 w’intambara wasize mu marira uruhande ruhiga ubutwari

Next Post

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.