• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abanyeshuri boherejwe kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro muri Nyarushishi TSS ryo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, bakanga kujyayo, iri shuri ryateguye imurika ryo gusobanurira abanyeshuri ibyiza by’imyuga, bituma benshi bayikunda.

Abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye biganjemo abasoza icyiciro rusange bitegura guhitamo amasomo bazakomeza, nib o bitabiriye iki gikorwa berekwa bimwe mu bikorwa na bagenzi babo biga ububaji bugezweho, ubwubatsi, amashanyarazi, ubusudirizi bwa kijyambere n’ubudozi n’imideri.

Ibi byatumye bamwe bahindura intekerezo, nyuma yo kunyoterwa n’ibyigirwa muri aya mashami atandukanye mbere bafataga nk’adafite akamaro.

Uwiringiyimana Litha agira ati “Mbere numvaga imyuga ntacyo ivuze muri njyewe nkabona ntakwirirwa nyihitamo mu byo nzasaba kwiga mu wa kane, ariko ubu byahindutse niyo nzahitamo.”

Icyayinyereka Jean d’Amour na we ati “Nabonye hari amashami atandukanye mu mutima ndavuga nti ‘aho kugira ngo nzajye kwiga ibyo nzarangiza simpfe kubona akazi ahubwo nazaza kwiyigira ibyo nabonye hano’.”

Umuyobozi wa Nyarushishi TSS, Kajigo Djuma avuga ko impamvu yo gutegura iki gikorwa no gutumira abana biga mu bindi bigo bitegura gusoza icyiciro rusange, ari ukugira ngo abana basobanukirwe amahirwe ari mu kwiga imyuga kuko mu ntangiriro z’umwaka habaye ikibazo cyo kutagira amakuru bigatuma hari abana baseta ibirenge.

Ati “Mu gihembwe cya mbere hari abana banze kuza kwiga imyuga kandi bari boherejwe na Leta, ababyeyi benshi bumvaga ko umwana wabuze ishuri ajya mu myuga.”

Muri gahunda ya Leta y’imyaka irindwi (NST1) byari biteganyijwe ko uyu mwaka wa 2024, uzarangira 60% by’abanyeshuri basoza icyiciro rusange bakomereza mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Ubwo yari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko gahunda ari uko nibura muri buri Murenge haba ishuri ryigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Abanyeshuri biga imyuga bayisobanuriye abandi

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + one =

Previous Post

Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.