Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko ubuhinzi bukoresha imashini, hari aho bugoye mu Rwanda kuko ahantu henshi hahingwa hagizwe n’imisozi.

Kongera ubuso buhingwa no kubutunganya neza kandi ku gihe; ni bimwe mu byo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko byongera umusaruro w’ibiribwa bikomoka ku buhinzi.

Icyakora iyi Minisiteri igaragaza ko gukoresha imashini zihinga bisa n’ibireba abahinga ku butaka burambuye.

Abadepite mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda babifata nk’ikibazo, kuko ubutaka bunini buhingwa buba ku misozi, bagasaba ko hakoreshwa ibimasa byakwigishwa kurira iyi misozi.

Umwe mu Badepite yagize ati “Murebe iriya misozi iri Ngororero, Nyabihu n’ahandi nk’i Rutsiro. Ndabigendana n’ikindi cy’imashini zigeze gutangwa mu Karere ka Rusizi, zigeze no kubikwa mu biro by’Imirenge kubera ko byagaragaye ko kuzihingisha aho bitashobokaga kubera ubushobozi bw’imikorere yazo. Njye ndibaza impamvu tutatoza abahinzi bacu gihingisha ibimasa.”

Yakomeje agira ati “Ubushakashatsi simbwibuka ariko bagaragazaga uburyo abahinzi 50 bashobora guhinga ahantu hamwe ariko ikimasa kimwe kikahahinga iminsi ibiri.”

Iyi ni ingingo minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi idafata nk’amahitamo yo gufasha abahinga ku misozi. Icyakora ng bashobora gusuzuma icyo byafasha abahinzi.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri avuga ko ubu buryo bw’ibimasa, atari bwo bwafatwa nk’amahitamo ku bahinga ku misozi.

Yagize ati “Aho kugira ngo tujye ku bimasa twakongera imashini cyane, tukareba uburyo twabona imashini zihendutse, nibura abantu bakamenyera gukoresha imashini aho kugira ngo tujye mu bimasa, noneho nabyo bigakora akazi kabyo bisanzwe bikora. Gusa nta ngamba imwe yigira, buriya nabyo turabyumvise, ariko wa mugani ni ukureba icyo byadufasha.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ivuga ko ubutaka buhingwaho bumaze kugabanukaho 10% mu myaka 10 ishize, bityo ko hakenewe imbaraga zisumbuyeho kugira ngo ubucye buhari bubyazwe umusaruro ukenewe.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + seventeen =

Previous Post

DRCongo: Hamenyekanye ingingo ikomeye yemerejwe mu nama idasanzwe y’umutekano yayobowe na Tshisekedi

Next Post

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.