Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Senegal, batoye bemeza isubikwa ry’amatora y’Umukuru w’Igihugu, nyuma y’uko Perezida Macky Sall abitangaje ariko bikazamura umwuka mubi mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bahise banakora imyigaragambyo.

Aya matora y’Umukuru w’Igihugu, yagombaga kuzaba tariki 25 z’uku kwezi kwa Gashyantare 2024, yasubitswe kugeza tariki 15 z’ukwezi k’Ukuboza 2024.

Ibi bivuze ko icyifuzo cya Perezida Macky Sall cyo gusubika aya matora cyubahirijwe, kabone nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi babyamaganiye kure akibitangaza.

The African News yatangaje ko ubwo Abadepite bateranaga no bemeze iki cyemezo, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, abanyamategeko babarizwa mu batavuga rumwe n’ubutegetsi basohowe mu cyumba cyaberagamo iki gikorwa, kikaba bari hanze.

Abashinzwe umutekano na bo bari bagose Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu rwego rwo kurinda ko hari uwayirohamo akaburizamo iki gikorwa cy’amatora cyarimo gikorwa n’Abadepite, dore ko cyabaye mu gihe mu murwa mukuru Dakar imyigaragambyo yo yari irimbanyije.

Ku bw’iyi myigaragambyo, byatumye ihuzanzira rya interinete ryose rikurwaho mu Gihugu cyose.

Ni mu gihe kandi bashinzwe umutekano na bo barimo bahangana n’abigaragambya babamishamo ibyuka biryana mu maso kugira ngo babatatanye, abandi nabo babamishamo urufaya rw’amabuye, ibyaje no kurangira umubare munini w’abigaragambya batawe muri yombi.

Assoumani TWAHIRWA

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

Next Post

Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

Related Posts

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yizeye ko Igihugu cye kigiye kugirana amasezerano n’u Bushinwa,...

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.