Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

IFOTO: Ubuheta bwa Ange Kagame ari kwiga mu Irerero mukuru we yarangirijemo

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in Uncategorized
0
IFOTO: Ubuheta bwa Ange Kagame ari kwiga mu Irerero mukuru we yarangirijemo
Share on FacebookShare on Twitter

Amalia Agwize Ndengeyingoma, ubuheta bwa Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, ari kwiga mu Irerero ryo muri Village Urugwiro ryananyuzemo umuvandimwe we Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse gutangira amashuri y’incuke.

Amalia Agwize; ni umwe mu bana biga mu Irerero rya EZA Urugwiro ECD, bagaragaye kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare 2024 ubwo Madamu Jeannette Kagame yakiraga Agata Kornhauser-Duda, Madamu wa Perezida wa Pologne uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Madamu Jeannette Kagame na Madamu Agata Kornhauser-Duda, baboneyeho kandi kugirana ibiganiro n’abana barererwa muri iri rerero riri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa dukesha Ibiro bya Madamu wa Perezida wa Repubulika, bugira buti “Abana bacu bo mu Irerero rya EZA bahaye ikaze abashyitsi bacu mu bwuzu bwinshi.”

Ubu butumwa bwatambutse kuri X kuri uyu wa Gatatu, buvuga ko “Madamu wa Perezida Jeannette Kagame yakiriye Madamu wa Perezida wa Poland Agata Kornhauser-Duda mu Irerero rya Village Urugwiro, basura ibikorwa, anamunyuriramo gahunda zaryo, ndetse banagira ibihe byo gukininana n’Abamalayika bato [abana].”

Mu mafoto aherekeje ubu butumwa, hagaragaramo Amalia Agwize Ndengeyingoma, umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame wari unamuteruye amukikiye.

Iri reroro ryigamo ubuheta bwa Ange Kagame, Amalia Agwize Ndengeyingoma, ni na ryo ryizemo mukuru we Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse gutangira icyiciro cy’amashuri y’incuke.

Madamu Jeannette Kagame aramutsa abana biga muri iri Rerero
Na Madamu Agata yishimiye uburyo iri Rerero ryita ku bana
Banagize umwanya wo gusabana n’abana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Next Post

Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.