Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yasabye iya Repubulika Iharanire Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwanakunze gusaba ko iyi mikoranire ihagarara ariko ubutegetsi bwa Congo bukinangira.

Byasabwe na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Hadja Lahbib wibukije Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza ibyemezo bya Politiki byagiye bifatwa.

Yibukije ko uyu mutwe wa FDLR umaze igihe mu mikoranire na Guverinoma ya Congo, wafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye wawemeje nk’umutwe w’iterabwoba.

Uyu mutwe wa FDLR kandi ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bakomeje kuyikwirakwiza mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri Lahbib yemeje ko igisirikare cya Congo (FARDC) gikorana n’uyu mutwe wa FDLR mu ntambara imaze iminsi ihanganishije iki gisirikare n’umutwe wa M23.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa Congo bugomba guhagarika burundu imikoranire iyo ari yo yose ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro n’umutwe wa FDLR.”

Yakomeje agira ati “Ni na ngombwa ko ubutumwa bubiba urwango bunahamagarira abantu gukora ibikorwa by’ihohoterwa, bihagarara burundu. Ntabwo igisubizo cy’amakimbirane ayo ari yo yose, cyashakirwa mu nzira za gisirikare.”

Guverinoma y’u Rwanda yagiye ibisaba kenshi ko Guverinoma ya Congo ikwiye guhagarika imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse wanakunze kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda, ndetse mu bihe bya vuba ukaba warakoranye na FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Kimwe mu byibukwa, ni ibisasu biremereye byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, bikozwe n’ubufatanye bwa FARDC na FDLR muri Gicurasi 2022.

Muri 2019, uyu mutwe wa FDLR wagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda, cyahitanye inzirakarengane z’Abasivile 14.

Kuva umutwe wa M23 wakubura umutwe mu kwezi k’Ugushyingo 2021, FARDC yagiye ikorana na FDLR muri iyi mirwano imaze imyaka ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

Next Post

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.