Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yasabye iya Repubulika Iharanire Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwanakunze gusaba ko iyi mikoranire ihagarara ariko ubutegetsi bwa Congo bukinangira.

Byasabwe na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Hadja Lahbib wibukije Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza ibyemezo bya Politiki byagiye bifatwa.

Yibukije ko uyu mutwe wa FDLR umaze igihe mu mikoranire na Guverinoma ya Congo, wafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye wawemeje nk’umutwe w’iterabwoba.

Uyu mutwe wa FDLR kandi ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bakomeje kuyikwirakwiza mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri Lahbib yemeje ko igisirikare cya Congo (FARDC) gikorana n’uyu mutwe wa FDLR mu ntambara imaze iminsi ihanganishije iki gisirikare n’umutwe wa M23.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa Congo bugomba guhagarika burundu imikoranire iyo ari yo yose ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro n’umutwe wa FDLR.”

Yakomeje agira ati “Ni na ngombwa ko ubutumwa bubiba urwango bunahamagarira abantu gukora ibikorwa by’ihohoterwa, bihagarara burundu. Ntabwo igisubizo cy’amakimbirane ayo ari yo yose, cyashakirwa mu nzira za gisirikare.”

Guverinoma y’u Rwanda yagiye ibisaba kenshi ko Guverinoma ya Congo ikwiye guhagarika imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse wanakunze kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda, ndetse mu bihe bya vuba ukaba warakoranye na FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Kimwe mu byibukwa, ni ibisasu biremereye byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, bikozwe n’ubufatanye bwa FARDC na FDLR muri Gicurasi 2022.

Muri 2019, uyu mutwe wa FDLR wagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda, cyahitanye inzirakarengane z’Abasivile 14.

Kuva umutwe wa M23 wakubura umutwe mu kwezi k’Ugushyingo 2021, FARDC yagiye ikorana na FDLR muri iyi mirwano imaze imyaka ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

Next Post

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.