Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igihugu cy’i Burayi cyongeye kwibutsa Congo ibyakunze gusabwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yasabye iya Repubulika Iharanire Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwanakunze gusaba ko iyi mikoranire ihagarara ariko ubutegetsi bwa Congo bukinangira.

Byasabwe na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Hadja Lahbib wibukije Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza ibyemezo bya Politiki byagiye bifatwa.

Yibukije ko uyu mutwe wa FDLR umaze igihe mu mikoranire na Guverinoma ya Congo, wafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye wawemeje nk’umutwe w’iterabwoba.

Uyu mutwe wa FDLR kandi ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bakomeje kuyikwirakwiza mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri Lahbib yemeje ko igisirikare cya Congo (FARDC) gikorana n’uyu mutwe wa FDLR mu ntambara imaze iminsi ihanganishije iki gisirikare n’umutwe wa M23.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa Congo bugomba guhagarika burundu imikoranire iyo ari yo yose ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro n’umutwe wa FDLR.”

Yakomeje agira ati “Ni na ngombwa ko ubutumwa bubiba urwango bunahamagarira abantu gukora ibikorwa by’ihohoterwa, bihagarara burundu. Ntabwo igisubizo cy’amakimbirane ayo ari yo yose, cyashakirwa mu nzira za gisirikare.”

Guverinoma y’u Rwanda yagiye ibisaba kenshi ko Guverinoma ya Congo ikwiye guhagarika imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse wanakunze kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda, ndetse mu bihe bya vuba ukaba warakoranye na FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Kimwe mu byibukwa, ni ibisasu biremereye byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, bikozwe n’ubufatanye bwa FARDC na FDLR muri Gicurasi 2022.

Muri 2019, uyu mutwe wa FDLR wagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda, cyahitanye inzirakarengane z’Abasivile 14.

Kuva umutwe wa M23 wakubura umutwe mu kwezi k’Ugushyingo 2021, FARDC yagiye ikorana na FDLR muri iyi mirwano imaze imyaka ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eight =

Previous Post

Uko umukozi wa ‘Mobile Money’ yafashishije Polisi gufata uwakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

Next Post

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.